AFC/M23 yatangaje ko 6 mu bantu 15 barekuwe na RDC atari abayo

  • KAMALIZA AGNES
  • Kanama 9, 2026
  • Hashize amasaha 5
Image

Ku wa 6 no ku wa 7 Kanama 2026, ni bwo Leta ya RDC yarekuye abantu 15 bari bafungiye muri gereza n’ibindi bigo  nyuma bashyikirizwa umutwe wa AFC/M23 mu rwego rwo kubahiriza amasezerano y’amahoro y’i Doha, akaba ari igikorwa cyakozwe ku bufatanye na Komite Mpuzamahanga ya Croix-Rouge (ICRC) nk’umuhuza utabogama.

Nyamara Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko abantu 6 muri 15 Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, (RDC) yabashyikirije atari abayo kandi batari ku rutonde rw’abo yari yasabye ko barekurwa. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka  yavuze  ko muri 15 barekuwe 9 gusa ari bo bari ku rutonde rw’abantu 768 uyu mutwe wari warashyikirije abahuza mu biganiro by’amahoro  kugira ngo barekurwe.

Mu itangazo Kanyuka yanyujije ku rubuga rwa X ku wa 08 Kanama 2026, yavuze ko muri batandatu, umwe ari uwo muri Uganda udafite aho ahuriye n’uwo mutwe mu gihe abandi batanu bafatiwe mu bice bitandukanye nka Katanga, Ituri na Kinshasa, ariko amazina yabo atari ku rutonde rw’abo basabye.

Kanyuka yavuze ko irekurwa ry’abo bantu ari intambwe nziza ariko bigaragaza ko hari abaturage ba RDC bakomeje kurenganywa bazira gukorana na AFC/M23. Yavuze ko bidahagije kuko hari ibindi byo gushyirwa mu bikorwa impande zombi zumvikanyeho, asaba Leta ya RDC gutanga abari ku rutonde rw’abo basabye. Yagize ati: “Ubutegetsi bwa Kinshasa bugomba kurekura abo twasabye  ko barekurwa, bafashwe bazira gusa kuba bakekwaho umubano n’umuryango wacu cyangwa n’abanyamuryango bawo.”

Abo bose uko ari 15 bavuye muri Beni, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, ku mugoroba wo ku wa 6 Kanama, banyujijwe muri Uganda, mbere yo kugera muri Teritwari ya Rutshuru ku wa 7 Kanama, aho bashyikirijwe AFC/M23. Iki gikorwa cyo guhererekanya imfungwa ni kimwe mu bikorwa by’ingenzi byakozwe mu rwego rwo kubahiriza amasezerano yasinywe n’impande zombi mu biganiro by’i Doha muri Qatar.

Qatar nk’umuhuza mu biganiro na yo yagaragaje ko yishimiye  irekurwa ry’abo bantu 15, ivuga ko ari intambwe yongera icyizere hagati ya Kinshasa na AFC/M23 no guteza imbere inzira igamije guhagarika imirwano mu Burasirazuba bwa RDC. AFC/M23 na yo yatangaje ko hari abarwanyi ba Leta ya RDC n’abafanyabikorwa bayo barimo Wazalendo n’abandi yafashe kandi yashyikirije urutonde rwabo ICRC ariko ngo RDC yanze kubakira.

Nubwo kurekura abantu 15 bifatwa nk’intambwe iganisha ku mahoro ariko AFC/M23 ikomeje gushinja Kinshasa kutubahiriza ibyo bumvikanye, mu gihe Leta ya RDC na yo ishinja AFC/M23 gukomeza ibikorwa bya gisirikare no kutubahiriza ihagarikwa ry’imirwano.

AFC /M23 yavuze ko mu bantu 15 yashyikirijwe na RDC, 6 atari abayo
  • KAMALIZA AGNES
  • Kanama 9, 2026
  • Hashize amasaha 5
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE