Police FC yatsinze Kiyovu Sports ifata umwanya wa kane

  • Imvaho Nshya
  • Ukwakira 20, 2023
  • Hashize imyaka 2
Image

Police FC yatsinze Kiyovu Sports ibitego 3-1 mu mukino w’umunsi wa munani wa shampiyona wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ukwakira 2023 kuri Kigali Pele Stadium.

Amakipe yombi yitwaye neza mu mikino iheruka y’umunsi wa karindwi aho Kiyovu Sports yatsinze Marines FC mu gihe Police FC yatsinze Muhazi United.

Saa kumi n’ebyiri zuzuye ni bwo umusifuzi Mpuzamahanga Mutoni Aline yatangije umupira hagati y’impande zombi.

Uyu mukino watangiye wihuta ku mpande zombi ariko Police FC isatira izamu rya Kiyovu Sports.

Nkubana Marc ukina ku ruhande rw’iburyo muri Police FC ahinduye umupira mwiza usanze Nshuti Dominique Savio mu rubuga rw’amahina, awuteresheje umutwe uca ku ruhande rw’izamu.

Police FC yakomeje gusatira cyane muri iyo minota maze ku munota wa 17 iza kubona Penaliti ku ikosa Ndizeye Eric yakoreye Bigirimana Abedi amukubise umugeri ku mutwe mu rubuga rw’amahina maze Mugisha Didier yinjiza igitego cya mbere cya Police FC

Kiyovu Sports ntiyacitse intege yakomeje gusatira izamu rya Rukundo Onesime ibifashijwemo na Kilongozi Richard wari wagoye ba myugariro.

Ku munota wa 29 w’umukino Kiyovu Sports yabonye igitego  nacyo cyabonetse kuri Penaliti nyuma yaho Ndiziye Samuel akoze umupira aryamye wari uhinduwe na Kilongozi Richard maze Nizeyimana Djuma atsindira Kiyovu Sports igitego cyo kwishyura.

Mu mpera z’igice cya mbere ku munota wa 44 Police FC yaje kubona igitego cya kabiri cyatsizwe na  Hakizimana Muhadjiri ku mupira yahawe na Mugenzi Bienvenu mu rubuga rw’amahina ba myugariro ba Kiyovu Sports bibwiraga ko habanje kubaho kurarira.

Igice cya mbere cyarangiye Police FC itsinze Kiyovu Sports ibitego 2-1.

Mugice cya kabiri amakipe yombi yatangiye asatirana cyane Police FC ishaka igitego cya gatatu ari nako Kiyovu Sports ishaka kwishyura.

Ku munota wa 59 Police FC yabonye igitego cya gatatu cyavuye ku ikosa ryakorewe Bigirimana Abedi rihanwa na Muhadjiri Hakizimana, wateye  umupira usanga Mugenzi Bienvenu mu rubuga rw’amahina, atsinda igitego cya gatatu.

Umukino ujya kurangira Kiyovu Sports yahushije uburyo bw’igitego bwabazwe ubwo  Kilongozi Richard yateraga umupira uteretse, usanga Ndizeye Eric awuteresha umutwe, Rukundo Onesime arasimbuka awushyira muri koruneri.

Umukino warangiye Police FC itsinze Kiyovu Sports ibitego 3-1.

Ikipe ya Police FC yahise yuzuza amanota13 ku mwanya wa kane mu gihe Kiyovu Sports iri ku mwanya wa gatanu n’amanota 12.

Police FC izagaruka mu kibuga tariki 25 Ukwakira 2023 ikina na Rayon sport umukino w’ikirarane w’umunsi wa gatanu utarabereye igihe bitewe nuko Rayon sport yakinaga imikino ya CAF Confederation Cup.

Indi mikino y’umunsi wa 8 wa shampiyona

Ku wa Gatandatu tariki 21ukwakira 2023

Rayon Sport izakina na Sunrise saa cyenda kuri Kigali Pele Stadium

Mukura izahura na Bugesera saa cyenda kuri Stade Huye

Marine FC izakina na Gasogi United saa cyenda kuri Stade Umuganda

Muhazi United izakina na Musanze saa cyendakuri Stade Ngoma

Ku Cyumweru tariki 22 Ukwakira 2023

Etincelles izakina na APR FC saa cyenda stade Umuganda

Etoile de l’Est izahura na As Kigali saa  cyenda kuri Stade Ngoma

Amagaju azakina na Gorilla saa cyenda kuri stade Huye

SHEMA IVAN

  • Imvaho Nshya
  • Ukwakira 20, 2023
  • Hashize imyaka 2
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE