28 September 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Dr Sabin yagizwe Umuyobozi w’Ikigega gishinzwe kurwanya ibyorezo

04 June 2023 - 08:41
Dr Sabin yagizwe Umuyobozi  w’Ikigega gishinzwe kurwanya ibyorezo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubuzima Dr Sabin Nsanzimana, yatorewe kuba umwe mu Bayobozi Bakuru b’Ikigega gishinzwe gukumira, kurinda, guhangana n’indwara z’ibyorezo (The Pandemic Fund).

Icyo kigega kibarizwa muri Banki y’Isi kiyobowe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), kikaba cyarashinzwe ku bufatanye bw’ibihugu by’abaterankunga, ibihugu byujuje ibisabwa mu kwakira iyo nkunga, Imiryango Nterankunga na Sosiyete Sivile. 

Gitera inkunga ishoramari rikenewe kandi ryihutirwa mu kubaka ubushobozi bwo gukumira, kwitegura no guhangana n’ibyorezo ku rwego rw’Igihugu, urw’Akarere ndetse na mpuzamahanga, by’umwihariko hakibandwa ku bihugu bikennye n’ibikiri mu nzira y’amajyambere. 

Igitekerezo cyo gushinga icyo Kigega cyavutse kubera icyorezo cya COVID-19 cyahungabanyije ubuzima bw’abatuye Isi, ubukungu n’imibereho y’abaturage. 

Cyafunguriwe ku mugaragaro mu Nama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi (G20) yabereye i Bali mu gihugu cya Indonesia taliki ya 13 Ugushyingo 2022. 

Ubuyobozi bwa Banki y’Isi bugaragaza  uwo mwanzuro wafashwe nyuma yo kubona ko hakenewe guhuza imbaraga mu kubaka inzego z’ubuzima zishoboye no gukusanya ubushobozi bwo kwitegura, gukumira, no guhangana n’ibyorezo byo mu gihe kizaza.

Mu gihe hariho ibigo byinshi n’uburyo busanzweho bwo gushyigikira ibikorwa byo gukumira, kwitegura no guhangana n’ibyorezo nta na kimwe cyari cyarigeze gushyiriraho kwibanda kuri izo nshingano zonyine. 

Ni muri urwo rwego icyo kigega kibonwa nk’ikije kunganira by’umwihariko ubundi buryo bwashyiriweho guhangana n’ibyorezo, gukangurira ibibugu kongera ishoramari bishyira mu nzego z’ubuzima, kongera ihuzabikorwa mu bafatanyabikorwa ndetse rukaba n’urubuga rukorerwaho ubuvugizi ku bakeneye gutabarwa byihuse. 

Advertisement
NTAWITONDA Jean Claude

NTAWITONDA Jean Claude

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Gen (Rtd) Kabarebe yahawe inshingano muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga

September 27, 2023

COVID 19 yatweretse ko dufite intege nke mu buvuzi- Dr. Sabin

September 27, 2023

Abagore n’abakobwa bageze kuri 23% muri Polisi y’u Rwanda

September 27, 2023

U Rwanda rwahembewe kwimakaza umutekano wo mu muhanda

September 27, 2023

Iraq: Abarenga 100 bishwe n’inkongi yibasiye inzu yaberagamo ubukwe

September 27, 2023

Menya indirimbo nshya ya Gahongayire n’uko Imana yamugize ubuhamya bugenda

September 27, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Gen (Rtd) Kabarebe yahawe inshingano muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga

September 27, 2023

COVID 19 yatweretse ko dufite intege nke mu buvuzi- Dr. Sabin

September 27, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.