28 September 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Inteko Rusange ya Sena yatoye Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda

02 June 2023 - 13:29
Inteko Rusange ya Sena yatoye Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Rusange ya Sena yatoye Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda nyuma yo kwemeza impinduka n’ubugororangingo bwakozwe ku ngingo zimwe na zimwe hashingiwe ku mushinga w’ivugururwa ry’Itegeko Nshinga watangijwe na Perezida wa Repubulika.

Nyuma yo gutorwa n’Inteko Rusange ya Sena, Itegeko Nshinga rikaba rizatorwa n’Umutwe w’Abadepite mbere y’uko rishyirwaho umukono na Perezida wa Repubulika.

Umushinga w’ivugururwa ry’iryo Tegeko Nshinga wemejwe nyuma yo gusuzumwa  n’Inama y’Abaperezida ya Sena.

Inteko Ishinga y’amategeko y’u Rwanda itangaza ko Itegeko Nshinga ryatangiye urugendo rwo kuvugururwa kubera impamvu zinyuranye zirimo kugabanya igihe gikoreshwa mu gutegura amatora. 

Biteganyijwe ko igihe cy’amatora y’Abadepite nigihuzwa n’icy’amatora ya Perezida wa Repubulika bizatuma ayo matora yombi ategurirwa icyarimwe maze bigabanye igihe cyagakoreshejwe aramutse ateguwe mu bihe bitandukaye. 

Indi mpamvu y’ayo mavugurura ni irebana no kugabanya ingengo y’imari igenda ku matora kuko izahuzwa, bigatuma amafaranga yakoreshwaga mu bikorwa byombi agabanyuka. 

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora igaragaza ko gutandukanya ayo matora buri rimwe rikaba ukwaryo byatwaraga ingengo y’imari y’amafaranga y’u Rwanda arenga miliyari 14.

Mu gihe hakozwe izo mpinduka,  bivuze ko ingengo y’imari ikenewe izava kuri miliyari 14 z’amafaranga y’u Rwanda ikagera kuri miliyari 8 z’amafaranga y’u Rwanda mu matora ategerejwe mu mwaka utaha.

Aya mavugurura akozwe nyuma y’aho ku wa 24 Werurwe 2023, Inama y’Abaminisitiri yemeje ivugururwa ry’ltegeko Nshinga hagamijwe guhuza ingengabihe y’amatora y’Abagize lnteko Ishinga Amategeko n’itora rya Perezida wa Repubulika.

Inama y’Abaminisitiri na yo yize kuri uyu mushinga nyuma y’aho ku wa 15 Gashyantare Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) Madamu Oda Gasinzigwa, ahishuriye ko ayo matora ashobora guhuzwa abatowe bose bagahurira kuri manda y’imyaka itanu. 

Advertisement
NTAWITONDA Jean Claude

NTAWITONDA Jean Claude

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Gen (Rtd) Kabarebe yahawe inshingano muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga

September 27, 2023

COVID 19 yatweretse ko dufite intege nke mu buvuzi- Dr. Sabin

September 27, 2023

Abagore n’abakobwa bageze kuri 23% muri Polisi y’u Rwanda

September 27, 2023

U Rwanda rwahembewe kwimakaza umutekano wo mu muhanda

September 27, 2023

Iraq: Abarenga 100 bishwe n’inkongi yibasiye inzu yaberagamo ubukwe

September 27, 2023

Menya indirimbo nshya ya Gahongayire n’uko Imana yamugize ubuhamya bugenda

September 27, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Gen (Rtd) Kabarebe yahawe inshingano muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga

September 27, 2023

COVID 19 yatweretse ko dufite intege nke mu buvuzi- Dr. Sabin

September 27, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.