03 June 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Perezida Kagame yakiriye ubutumwa bwa Zelenskyy wa Ukraine

26 May 2023 - 10:38
Perezida Kagame yakiriye ubutumwa bwa Zelenskyy wa Ukraine
Share on FacebookShare on Twitter

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine Dmytro Kuleba, waje mu ruzinduko rw’umunsi umwe mu Rwanda.

Minisitiri Kuleba yashyikirije Perezida Kagame ubutumwa bwa Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelenskyy.

Banagiranye ibiganiro byagarutse ku ntambara y’u Burusiya na Ukraine ndetse n’inzira zigamije gushyigikira ibikorwa by’amahoro bigamije kurangiza iyo ntambara.

Nyuma yo kwakirwa na Perezida Kagame, Minisitiri Kuleba yagize ati: “Ndashimira u Rwanda ko rwifatanyije na Ukraine. Nagaragaje ubushake bukomeye bwa Ukraine mu kwimakaza umubano wayo n’u Rwanda bushingiye ku bwubahane n’inyungu zisangiwe. Natangajwe n’urugendo rw’iterambere ry’u Rwanda.”

Ku wa 24 Gashyantare 2022 ni bwo u Burusiya bwagabye igitero ku butaka bwa Ukraine butangira kwigabiza ibice bitandukanye by’icyo gihugu muri iyo ntambara yatewe n’ubwumvikane buke bufite umuzi mu mateka ibihugu bifitanye. 

Uko kuvogera ubusugire bwa Ukraine kwateje imfu ibihumbi n’ibihumbi ku mpande zombi, kunateza ikibazo cy’ubuhunzi gikomeye kurusha ibyabayeho byose nyuma y’Intambara ya Kabiri y’Isi. 

Kuri ubu hashize umwaka n’amezi atatu iyo ntambara itangiye, ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi bikaba byaramaganye imyitwarire y’u Burusiya ihabanye n’ikinyejana turimo. 

Mu gihe imirwano ikomeje, Perezida w’u Burusiya Vladmir Putin yagaragaje ko umugambi we ari uwo gufatanya n’ibihugu bimushyigikiye gushyiraho gahunda y’imiyoborere itabogamye. 

Mu nama y’umutekano yabaye ku wa Gatatu Perezida Putin yavuze ko yifuza ku kubaka Isi itagendera ku matwara ya ba gashakabuhake, bamaze imyaka myinshi basahura imitungo y’Isi banayiyobora uko bishakiye. 

Hagati aho intambara yateje muri Ukraine yagize ingaruka ku Isi kuko yahungabanyije uruhererekane rw’ubucuruzi mpuzamahanga mu gihe Isi yari ikiri mu buribwe yatewe n’icyorezo cya COVID-19. 

Ukraine yiyeze guhabwa inkunga y’indege z’intambara zo mu bwoko bwa F-16 zitezweho guhangamura u Burusiya, izo ndege zikaba zari ku murongo w’ibyigwa w’inama y’ihuriro ry’ibihugu birenga 50 bishyigikiye Ukraine.  

Advertisement
NTAWITONDA Jean Claude

NTAWITONDA Jean Claude

Ntawitonda Jean Claude ni umunyamakuru akaba n'umwanditsi ubimazemo igihe gisaga imyaka 10. Yatangiye gukorana n'ikinyamakuru Imvaho Nshya guhera muri Werurwe 2015. Afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor's Degree) mu bijyanye n'Itangazamakuru n'itumanaho (Ishami ry'Itumanaho) yakuye mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda (UNR), kuri ubu yaje guhinduka Kaminuza y'u Rwanda (UR).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

June 3, 2023
Hashyinguwe mu cyubahiro imibiri 47 y'Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Muhanga: Abazi amakuru y’ahaherereye imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro barasabwa kuyatanga

June 2, 2023
Kirehe: Abaturage bazungukira kuri TVET yatwaye asaga miliyari

Kirehe: Abaturage bazungukira kuri TVET yatwaye asaga miliyari

June 2, 2023
Byinshi ku bihembo n’iserukiramuco bya Trace bigiye kubera mu Rwanda

Byinshi ku bihembo n’iserukiramuco bya Trace bigiye kubera mu Rwanda

June 2, 2023
Dr Sabin yagizwe Umuyobozi  w’Ikigega ghinzwe kurwanya ibyorezo

Dr Sabin yagizwe Umuyobozi w’Ikigega ghinzwe kurwanya ibyorezo

June 2, 2023
Inteko Rusange ya Sena yatoye Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda

Inteko Rusange ya Sena yatoye Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda

June 2, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

June 3, 2023

Rwanda Medical Supply (RMS) Limited : Tender Notice for Provision of Maintenance of Faulty Equipments

June 2, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.