03 June 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Hamaze gukusanywa miliyoni hafi 700 Frw yo kugoboka abibasiwe n’ibiza

24 May 2023 - 10:19
Hamaze gukusanywa miliyoni hafi 700 Frw yo kugoboka abibasiwe n’ibiza
Share on FacebookShare on Twitter

Miliyoni zikabakaba 700 z’amafaranga y’u Rwanda ni zo zimaze gutangwa n’Abaturarwanda, amasosiyete, ibigo bitandukanye, Abanyarwanda baba mu mahanga n’inshuti z’u Rwanda, mu kugoboka abaturage bibasiwe n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi ya guyuye mu ntangiriro z’uku kwezi. 

Muri iyi nkunga harimo amafaranga y’u Rwanda miliyoni zikabakaba 622 n’amadolari y’Amerika 37,167 (asaga miliyoni 41 z’amafaranga y’u Rwanda) byanyujijwe kuri konti.

Muri ayo mafaranga harimo na miliyoni 35 zakusanyijwe binyuze ku miyoboro ya Mobile Money, aho abantu bakomeje kugenda bitanga bifashishije telefoni. 

Amafaranga yose hamwe amaze gukusanywa arangana na 698,808,738 akaba ari inkunga MINEMA ivuga ko ikomeje kwakira ikazafasha mu gufasha abasizwe iheruheru n’ibiza mu Ntara y’Iburengerazuba, Amajyaruguru ndetse n’Amajyepfo. 

Imvura yaguye icyo gihe yahitanye abantu  135 hakomereka n’abandi babarirwa mu 110. 

Ubutumwa bwa Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), buragira buti: “Turashimira Abaturarwanda, amasosiyete, ibigo bitandukanye, Abanyarwanda baba mu mahanga n’inshuti z’u Rwanda bakomeje gutanga inkunga yo gutabara abahuye n’ibiza byo ku wa 2-3 Gicurasi.”

Iyo Minisiteri yongeraho ko uretse iyo nkunga y’amafaranga hari n’iyindi ya sima yatanzwe n’inganda zitunganya Sima mu Rwanda zimaze gutanga imifuka isaga 2,500. 

Mu zindi nkunga zikomeje gushyikirizwa abasizwe iheruheru n’ibiza harimo ihiribwa n’ibikoresho byo mu nzu nk’ibiryamirwa, inyambaro, ibikoresho byo mu gikoni n’ibindi.

Intego ni iyo gufasha ingo zirenga 6000 zibasiwe n’ibiza by’umwihariko hareba ku batakigira aho barambika umusaya kubera ko aho bitaga iwabo hatakiriho. 

Abantu barenga 20,000 ni bo bakuwe mu byabo n’ibyo biza aho kuri ubu bacumbikiwe kuri site zitandukanye mu gihe barimo gushakirwa ibisubizo birambye birimo no gutuzwa ahantu hatekanye. 

Ubwo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yasuraga Intara y’Uburengerazuba muri uku kwezi yavuze mo Guverinoma y’u Rwanda iri gukora ibishoboka byose kandi byihuse kugira ngo abagizweho ingaruka n’ibiza babashe gusubira mu buzima busanzwe. 

Perezida Kagame yavuze ko nubwo ntacyo abayobozi bari gukora kugira ngo babuze umwuzure n’imvura nyinshi kugwa, gufasha abarokotse biri mu bushobozi bwabo kandi bafite inshingano zo kubikora. 

“[…] Ngira ngo rero abayobozi b’Inzego zitandukanye baza kubasura buri gihe, ni cyo kibazana hari ubwo badakora byose ibyo bakwiriye kuba bakora, ubwo turabikurikirana natwe kugira ngo tumenye icyasobwe icyo ari cyo kandi tuzabikora.”

Yababwiye ko icy’ingenzi kuri ubu Guverinoma y’u Rwanda ihanganye no guharanira ko abasizwe iheruheru n’ibiza babasha kugira ubuzima no muri iki gihe batari mu ngo zabo, aho badashobora  kwikorera imirimo bari basanzwe bakora ngo bitunge nk’uko bisanzwe.

Advertisement
NTAWITONDA Jean Claude

NTAWITONDA Jean Claude

Ntawitonda Jean Claude ni umunyamakuru akaba n'umwanditsi ubimazemo igihe gisaga imyaka 10. Yatangiye gukorana n'ikinyamakuru Imvaho Nshya guhera muri Werurwe 2015. Afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor's Degree) mu bijyanye n'Itangazamakuru n'itumanaho (Ishami ry'Itumanaho) yakuye mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda (UNR), kuri ubu yaje guhinduka Kaminuza y'u Rwanda (UR).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

June 3, 2023
Hashyinguwe mu cyubahiro imibiri 47 y'Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Muhanga: Abazi amakuru y’ahaherereye imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro barasabwa kuyatanga

June 2, 2023
Kirehe: Abaturage bazungukira kuri TVET yatwaye asaga miliyari

Kirehe: Abaturage bazungukira kuri TVET yatwaye asaga miliyari

June 2, 2023
Byinshi ku bihembo n’iserukiramuco bya Trace bigiye kubera mu Rwanda

Byinshi ku bihembo n’iserukiramuco bya Trace bigiye kubera mu Rwanda

June 2, 2023
Dr Sabin yagizwe Umuyobozi  w’Ikigega ghinzwe kurwanya ibyorezo

Dr Sabin yagizwe Umuyobozi w’Ikigega ghinzwe kurwanya ibyorezo

June 2, 2023
Inteko Rusange ya Sena yatoye Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda

Inteko Rusange ya Sena yatoye Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda

June 2, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

June 3, 2023

Rwanda Medical Supply (RMS) Limited : Tender Notice for Provision of Maintenance of Faulty Equipments

June 2, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.