03 June 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

U Rwanda rugiye gufasha Guinea kubaka uruganda rwa zahabu i Conakry

24 May 2023 - 08:26
U Rwanda rugiye gufasha  Guinea kubaka uruganda rwa zahabu i Conakry
Share on FacebookShare on Twitter

Mu minsi iri imbere, u Rwanda na Guinea Conakry byitezweho gutangira ubufatanye bwo kubaka uruganda rutunganya zahabu. 

Bivugwa ko urwo ruganda ruzaba ari rwo rwa mbere rwubatswe muri icyo gihugu gikungahaye ku mabuye y’agaciro arimo na zahabu, aho ubuyobozi bwiyemeje kugabanya umutungo kamere woherezwa mu mahanga mu kurushaho kwihesha agaciro. 

Ubu bufatanye bugiye gutangira mu gihe mu kwezi gushize kwa Mata 2023, ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye arimo n’arebana n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro. 

Ayo masezerano yashyizweho umukono n’abagize itsinda ryari rigaragiye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, mu ruzinduko rw’akazi rw’amasaha 72 yagiriye mu bihugu byo mu Burengerazuba bw’Afurika mu kwezi gushize. 

Biteganyijwe ko Ikigo Aldira cyo mu Rwanda, kiyobowe na Jean de Dieu Mutunzi, ari cyo kizafasha Conakry kubaka uruganda rwa mbere rutunganya zahabu nyuma yo gusinyana amasezerano yihariye n’icyo Gihugu. 

Mu ruzinduko rwo mu kwezi gushize, Perezida Kagame na Perezida w’Inzibacyuho wa Guinea Col. Mamadi Doumbouya basuzumye imiterere y’umubano urangwa hagati y’u Rwanda na Guinea.

Abo bayobozi ni na bo bayoboye ndetse banakurikirana umuhago w’isinywa ry’ayo masezerano arimo ayo gushyiraho Komisiyo ihuriweho ikurikirana ubutwererane bwa Conakry na Kigali, n’ajyanye n’ikoranabuhanga, itumanaho, isakazamakuru, no gushyira serivisi za Leta mu buryo bw’ikoranabuhanga. 

Impande zombi ziyemeje gukomeza gukurikiranira hafi ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yamaze gusinywa ndetse baniyemeza gutegura inama ibahuza mu gihe gito gishoboka kugira ngo barusheho kwiga ku buryo bwo kwagura umubano. 

Icyo gihe hanatashywe umuhanda n’ikiraro byitiriwe Perezida Kagame, akaba yarishimiye icyubahiro yahawe yitirirwa ibikorwa remezo byo muri icyo Gihugu. 

Perezida Kagame yanavuze ko yagiranye na Perezida Col. Doumbouya ibiganiro bitanga umusaruro, ashimangira ko gusangira ubumenyi n’ubunararibonye hagati y’Abanyafurika n’abandi bafatanyabikorwa ku Isi, ari ingenzi n’ingirakamaro kuko ari yo ntandaro y’imibereho myiza y’abaturage. 

Perezida Kagame ahamya ko nta muntu n’umwe ushobora kugira ibyo akeneye byose icyarimwe, cyangwa se ngo abe yagera ku ntsinzi nta wundi ubigizemo uruhare. 

Nyuma yo gutumirwa na Perezida Kagame, Col. Doumbouya yitezwe kuzasura u Rwanda mu bihe biri imbere ariko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Guinea Morissanda Kouyaté, yavuze ko italiki y’urwo ruzinduko itaremezwa. 

Ikigo cyo mu Rwanda ni cyo kigiye gufasha Conakry kubona uruganda rwa mbere rutunganya zahabu
Advertisement
NTAWITONDA Jean Claude

NTAWITONDA Jean Claude

Ntawitonda Jean Claude ni umunyamakuru akaba n'umwanditsi ubimazemo igihe gisaga imyaka 10. Yatangiye gukorana n'ikinyamakuru Imvaho Nshya guhera muri Werurwe 2015. Afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor's Degree) mu bijyanye n'Itangazamakuru n'itumanaho (Ishami ry'Itumanaho) yakuye mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda (UNR), kuri ubu yaje guhinduka Kaminuza y'u Rwanda (UR).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

June 3, 2023
Hashyinguwe mu cyubahiro imibiri 47 y'Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Muhanga: Abazi amakuru y’ahaherereye imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro barasabwa kuyatanga

June 2, 2023
Kirehe: Abaturage bazungukira kuri TVET yatwaye asaga miliyari

Kirehe: Abaturage bazungukira kuri TVET yatwaye asaga miliyari

June 2, 2023
Byinshi ku bihembo n’iserukiramuco bya Trace bigiye kubera mu Rwanda

Byinshi ku bihembo n’iserukiramuco bya Trace bigiye kubera mu Rwanda

June 2, 2023
Dr Sabin yagizwe Umuyobozi  w’Ikigega ghinzwe kurwanya ibyorezo

Dr Sabin yagizwe Umuyobozi w’Ikigega ghinzwe kurwanya ibyorezo

June 2, 2023
Inteko Rusange ya Sena yatoye Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda

Inteko Rusange ya Sena yatoye Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda

June 2, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

June 3, 2023

Rwanda Medical Supply (RMS) Limited : Tender Notice for Provision of Maintenance of Faulty Equipments

June 2, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.