03 June 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

CHENO yasabye abakora mu Nzego z’umutekano kuba Intwari

22 May 2023 - 15:10
CHENO yasabye abakora mu Nzego z’umutekano kuba Intwari
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rw’uyu munsi rwubatswe n’ubutwari kandi nta n’ubwo ruzigera rubaho rudafite Intwari, nk’uko bishimangirwa na Rwaka Nicolas, Umuyobozi w’Ishami ry’Ubushakashatsi mu Rwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe (CHENO). 

Rwaka yabigarutseho kuri uyu wa Mbere taliki ya 22 Gicurasi 2023 nyuma yo kwakira ku Gicumbi cy’Intwari i Remera, abanyeshuri bari mu masomo y’amezi atanu mu Ishuri Rikuru rya Polisi riherereye mu Karere ka Musanze. 

Yabasabye kurangwa n’indangagaciro zaranze Intwari zaharaniye ko u Rwanda rugera aho rugeze uyu munsi, mu bihe bitandukanye ndetse no kuzifatiraho  urugero rwiza nk’abantu baturutse mu Nzego z’umutekano. 

Yagize ati: “Umuntu wese ukorera Igihugu akwiye kunyura hano akamenya indangagaciro zaranze Intwari z’u Rwanda kugira ngo azikoreshe mu buzima bwe bwa buri munsi.”

Rwaka yakomeje ashimangira ko indangagaciro ziranga Intwari zikwiye no kuba ziranga Abanyarwanda bose, ariko by’umwihariko Inzego z’umutekano zifite inshingano zo kwitangira amahoro n’ituze by’abandi. 

Yakomeje agira ati: “Ibyiza rero ni uko twagira Abanyarwanda barangwa n’ubutwari b’ibyiciro bitandukanye. Aba ni mu nzego z’umutekano, abapolisi, abacungagereza ndetse n’abagenzacyaha harimo n’abanyamahanga.”

Abo banyeshuri barimo kwiga amasomo y’ubuyobozi basuye Igicumbi cy’Intwari ni 44, bakaba barimo Abofisiye 34 muri Polisi y’u Rwanda, abakozi batanu  b’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), batatu b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS) n’abapolisi babiri baturutse muri Malawi. 

Abo banyeshuri biyemeje gusigasira indangagaciro z’ubutwari bagera ikirenge mu cy’Intwari zababanjirije kuko zibafasha kugera ku nshingano zabo neza.

Umwe mu bagize iryo tsinda yagize ati: “Twaje kwigira ku bikorwa byiza by’Intwari, kugira ngo natwe dufatireho urugero rw’ibikorwa by’ubutwari. Turimo kwiga amasomo y’ubuyobozi, kandi ntiwaba umuyobozi mwiza udafatira urugero rwiza ku bakubanjirije, utanirinda n’amakosa yakozwe n’abayobozi babi.”

Mbere yo gusura Igicumbi cy’Intwari, abo banyeshuri babanje no gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, aho basobanuriwe amateka ya Jenoside bakanumamira abasaga miliyoni bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi bashyira indabo ku mva zishyinguwemo imibiri y’abarenga 250,000.

Advertisement
NTAWITONDA Jean Claude

NTAWITONDA Jean Claude

Ntawitonda Jean Claude ni umunyamakuru akaba n'umwanditsi ubimazemo igihe gisaga imyaka 10. Yatangiye gukorana n'ikinyamakuru Imvaho Nshya guhera muri Werurwe 2015. Afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor's Degree) mu bijyanye n'Itangazamakuru n'itumanaho (Ishami ry'Itumanaho) yakuye mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda (UNR), kuri ubu yaje guhinduka Kaminuza y'u Rwanda (UR).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

June 3, 2023
Hashyinguwe mu cyubahiro imibiri 47 y'Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Muhanga: Abazi amakuru y’ahaherereye imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro barasabwa kuyatanga

June 2, 2023
Kirehe: Abaturage bazungukira kuri TVET yatwaye asaga miliyari

Kirehe: Abaturage bazungukira kuri TVET yatwaye asaga miliyari

June 2, 2023
Byinshi ku bihembo n’iserukiramuco bya Trace bigiye kubera mu Rwanda

Byinshi ku bihembo n’iserukiramuco bya Trace bigiye kubera mu Rwanda

June 2, 2023
Dr Sabin yagizwe Umuyobozi  w’Ikigega ghinzwe kurwanya ibyorezo

Dr Sabin yagizwe Umuyobozi w’Ikigega ghinzwe kurwanya ibyorezo

June 2, 2023
Inteko Rusange ya Sena yatoye Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda

Inteko Rusange ya Sena yatoye Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda

June 2, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

June 3, 2023

Rwanda Medical Supply (RMS) Limited : Tender Notice for Provision of Maintenance of Faulty Equipments

June 2, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.