03 June 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Ishuri ry’ubuhinzi mu murima rifasha abahinzi kuzamura umusaruro bakiteza imbere

21 May 2023 - 23:25
Ishuri ry’ubuhinzi mu murima rifasha abahinzi kuzamura umusaruro bakiteza imbere

Hasobanurwaga ko bakurikije uko ibirayi bimeze bizera ko bizatanga umusaruro mwiza

Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi bo mu Karere ka Kayonza, mu Murenge wa Kabarondo, mu Kagari ka Cyinzovu, bavuga ko kuba bigira mu murima (FFS: Famer Field School), bibafasha kongera umusaruro bakiteza imbere kandi bakarushaho no kunoza imirire.

Basobanura ko kugira ngo babigereho babikesha umushinga KIIWP wabaciriye amaterasi kandi ukanabaha ababigisha uko ubuhinzi bwa kijyambere bukorwa, bahereye ku gukoresha imbuto nziza batubura z’ibirayi ndetse n’imigozi y’ibijumba bya oranje ziberanye n’ako gace, bakubahiriza n’izindi nama z’ubuhinzi bahabwa kandi bakabyigira mu murima.

Sibomana Jean Claude ushinzwe ubuhinzi n’amashuri y’abahinzi mu murima mu mushinga wa KIIWP yasobanuye ko umushinga uha ubumenyi abafashamyumvire ndetse n’imbuto nziza iberanye na ho, hagamijwe kubatoza guhinga kijyambere bikazagera no ku bandi bahinzi kugira ngo umusaruro wiyongere.

Yagize ati: “Tubanza kugerageza amoko y’ibirayi tukareba ameza aberanye n’ikirere cya hano, twarangiza tukayaha abahinzi kugira ngo bayatubure abe menshi mu bahinzi. Dukora umurima w’ishuri twigishirizaho abahinzi bakiga bakora, bitabira amahugurwa buri cyumweru, tukabereka uko bategura umurima, uko batera, uko barwanya indwara n’ibyonnyi bakajya kubikora mu mirima yabo bakanakomeza kujya gufasha abandi mu yandi matsinda baba baturukamo”.

Uherekejwenimana Diogene wo mu Mudugudu wa Nyabisenga, mu Kagari ka Cyinzovu, mu Murenge wa Kabarondo, akaba ari Perezida w’abafashamyumvire ku gihingwa cy’ibirayi n’ibijumba avuga ko ubumenyi bungukira mu ishuri ryo mu murima babona ko ribafasha guhinga kijyambere, bigatuma umusaruro wiyongera.

Ati: “Itsinda ry’abafashamyumvire dukorana na KIIWP ngo natwe nidufata ubumenyi ibyo twigiye ahangaha tubigeze ku muturage agire aho ava naho agera. Iri ishuri ry’abahinzi mu murima, FFS iyo twaje guhinga cyangwa gukurikirana igihingwa, Mwarimu wacu ni igihingwa kuko ni cyo kiduha akazi, ni cyo kiduha icyo tugomba kugikoraho”.

Yakomeje avuga ko uretse ubumenyi bunguka buba bwanabafasha mu buzima busanzwe bakiteza imbere.

Ati: “Inyungu ni ukurahura ubumenyi, n’iyo bataguha igishoro aho wagera hose wabubyaza umusaruro, kuko iyo tugeze aho twatorewe mu Mudugudu, ubumenyi twahawe na KIIWP tuzabukoresha kandi tubona birino inyungu kuko bidufasha kwiteza imbere kuko tuzabona umusaruro mwiza”.

Ibi binashimangirwa na Nyirabikari Julienne ukuriyekoperative Abizeranye Kabarondo igizwe n’abanyamuryango 72 ushima ko KIIWP yabahaye ubumenyi.

Nyirabikari Julienne ahamya ko ubumenyi bahawe n’umushinga KIIWP buzabafasha gusezerera ibura ry’ibiribwa burundu

Ati: “KIIWP yadukoreye amaterasi biturinda kuba igishanga cya Kanyeganyege  gifite Ha 8 kirengerwa, mbere cyaruzuraga amazi yigeze kudutwara Toni 40 z’ibigori, ubu kubera ayo materasi akikije icyo gishanga nta myaka yacu igitwarwa.

Baduhaye imbuto y’indobanure y’ibirayi n’iy’ibijumba, badukoreraho igerageza muri Kayonza birahera abafashamyumvire babyigisha abanyamuryango, bagakomereza no ku bandi bahinzi, cyane cyane ibi bijumba bya oranje kugira ngo abaturage bakurwe mu mirire mibi, ibyo birayi bitange umusaruro kandi inzara ntiharangwe”.

Aha abahinzi barimo kubagara imigozi y’ibijumba bya oranje, irimo gutuburwa ngo izagezwe ku bandi bahinzi

Yakomeje avuga ko nyuma yo guhugurwa ubu bahinga bakoresheje ifumbire y’imborera n’imvaruganda bikongera umusaruro.

Ati: “Mbere nabihingaga ahantu  ntakoresheje n’ifumbire, ariko ubu ufata ifumbire y’imborera n’imvaruganda, umusaruro uriyongera. Byaragaragaye ko ibirayi bizava kuri Hegitari bizagera hagati ya Toni 20-25.

Ibijumba baduhaye imbuto y’imigozi iteye kuri Ha 1,5 tuvuye kubagara, tuzakomeza kuyitubura kuko dufite igishanga kigari, tukazageza iyo mbuto ku bandi bahinzi.

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza John Bosco Nyemazi yagaragaje impamvu zifatika zigaragaza ko imishinga yafashije abaturage kwiteza imbere n’umusaruro ukiyongera.

Ati: “Hari n’impinduka zikomatanyije zikomoka ku mishanga [….] ubu aborozi babona imashini zibafasha kuhira imyaka yabo, ukabona umusaruro urimo urazamuka, ibishanga byatunganyijwe mu makoperative y’indatwa muri Rwinkwavu, Mwiri n’umukandara wose ugera Murundi, abaturage barahinga umusaruro warazamutse. Ibyo ni ibintu byiza kandi bishimishije.

Twanavuga umusaruro uboneka mu bihembwe by’ubuhinzi, warazamutse, ni ikintu gifatika tubona”.

Intego y’umushinga ni uko imbuto iba nyinshi ikagera kuri benshi

Ushinzwe ubuhinzi n’amashuri y’abahinzi mu murima mu mushinga wa KIIWP, Sibomana Jean Claude avuga ko icyerekezo cy’umushinga ari uko imbuto iba nyinshi, umusaruro ukiyongera amaterasi akabyazwa  umusaruro, abaturage bakagira amafaranga.

Abahinzi bigira mu murima

Haratuburwa ibirayi kuri Hegitari 1 yitezweho gusarurwaho hagati ya Toni 30-35 kuko haba hakoreshejwe ibikenerwa mu buhinzi, muri izo toni hakaba havamo imbuto iri hagati ya Toni 20-25.

Imigozi y’ibijumba yo iri kuri Hegitari 1,5 hagamijwe gutubura imbuto, abo bafashamyumvire n’abibumbiye mu makoperative bazarushaho kuyitubura mu mirima yabo igere no ku bandi bahinzi.

Sibonamana yanavuze ko bareba imbuto yera vuba bagendeye ku miterere y’ikirere cyane cyane ahantu hatuhirwa, bagahitamo imbuto yera vuba, imigozi yatoranyijwe yera mu mezi 3, ibirayi ni amezi 4.

Mu gihembwe cy’ihinga hatanzwe imigozi y’ibijumba miliyoni 25 z’ingeri zishobora gutera Hegitari hafi 600.  Ibijumba bya oranje bikungahaye kuri Vitamini A birwanya ikibazo cy’imirire mibi.

Yavuze kandi ko amaterasi yakozwe na KIIWP I agomba kubyazwa umusaruro, ahakorera koperative y’abahinzi y’Abizeranye n’itsinda ry’abafashamyumvire bahugurwa ku buhinzi bw’ibirayi n’ibijumba ngo bajye bafasha abahinzi mu gihe kiri imbere n’igihe umushinga uzaba udahari.

Advertisement
NYIRANEZA Judith

NYIRANEZA Judith

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

June 3, 2023
Hashyinguwe mu cyubahiro imibiri 47 y'Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Muhanga: Abazi amakuru y’ahaherereye imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro barasabwa kuyatanga

June 2, 2023
Kirehe: Abaturage bazungukira kuri TVET yatwaye asaga miliyari

Kirehe: Abaturage bazungukira kuri TVET yatwaye asaga miliyari

June 2, 2023
Byinshi ku bihembo n’iserukiramuco bya Trace bigiye kubera mu Rwanda

Byinshi ku bihembo n’iserukiramuco bya Trace bigiye kubera mu Rwanda

June 2, 2023
Dr Sabin yagizwe Umuyobozi  w’Ikigega ghinzwe kurwanya ibyorezo

Dr Sabin yagizwe Umuyobozi w’Ikigega ghinzwe kurwanya ibyorezo

June 2, 2023
Inteko Rusange ya Sena yatoye Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda

Inteko Rusange ya Sena yatoye Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda

June 2, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

June 3, 2023

Rwanda Medical Supply (RMS) Limited : Tender Notice for Provision of Maintenance of Faulty Equipments

June 2, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.