03 June 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

U Rwanda na Zimbabwe byasinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye

17 May 2023 - 00:10
U Rwanda na Zimbabwe byasinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye
Share on FacebookShare on Twitter

Leta y’u Rwanda n’iya Zimbabwe zashyize umukono ku masezerano mashya y’ubufatanye mu kurushaho kunoza ubutwererane bw’ibihugu byombi mu nyungu z’ababituye.

Ayo masezerano arimo ajyanye n’ubutwererane mu kubaka inzu zigezweho kandi ziciriritse no guhererekanya ikoranabuhanga mu bwubatsi, ajyanye n’ubufatanye mu burezi bw’amashuri makuru na kaminuza ndetse n’ubufatanye mu kwimakaza iterambere ry’abagore. 

Ayo masezerano yashyizweho umukono ku wa Kabiri taliki ya 16 Gicurasi, nyuma y’ibiganiro  byahuje abagize Komisiyo Ihuriweho yiga ku butwererane bw’ibihugu byombi mu nama ya kabiri yabereye i Harare muri Zimbabwe guhera ku wa Mbere. 

Muri uwo muhango, u Rwanda rwahagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Dr. Biruta Vincent, mu gihe Zimbabwe yahagarariwe n’abayobozi batandukaye. 

Ku masezerano ajyanye no kubaka inzu zigezweho kandi ziciriritse no guhererekanya ubumenyi mu ikoranabuhanga ry’ubwubatsi, Zimbabwe yahagarariwe na Minisitiri ushinzwe Imiturire n’Imitungo ya Rubanda, Daniel Garwe.

Ku masezerano arebana n’uburezi bwa kaminuza, Zimbabwe yahagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubucuruzi Mpuzamahanga Frederick M. Shava, na ho ay’iterambere ry’abagore ihagararirwa na Minisitiri ushinzwe iterambere ry’abagore n’imishinga mito n’iciriritse Dr. Sithembiso G.G. Nyoni (MP). 

Minisitiri Dr Biruta yavuze ko ubufatanye bw’u Rwanda na Zimbabwe mu bukungu, Politiki n’izindi nzego, bumaze gushinga imizi kandi bukomeje kwaguka. 

Ati: “Ibihugu byombi bikomeje kwagura imikoranire mu rwego rw’ingufu, uburezi, ubukerarugendo, ibikorwa remezo n’izindi… Umubano w’u Rwanda na Zimbabwe wubakiye ku ndangagaciro, umuco n’icyerekezo ibihugu byombi bihuriyeho.”

Minisitiri Frederick M. Shava, na we yongeyeho ati: “Dukeneye gukuraho imbogamizi zose zabangamira kurushaho guteza imbere no kwagura ubutwererane mu rwego rw’ubukungu. Mu gihe dutewe ishema n’ibimaze gukorwa ntidukwiye kwirara…”

Komisiyo ihuriweho yasoje inama ishimangiye ukwiyemeza kw’ibihugu byombi ko gufatanya mu mishinga ibyara inyungu mu iterambere ry’abaturage babyo. 

Iyo Komisiyo nanone yashimye uburyo Zimbabwe yakiriye Inama ya kabiri y’Ubucuruzi n’Ishoramari yabaye hagati y’italiki ya 28 Werurwe n’i ya 1 Mata 2022, iboneraho gusaba u Rwanda gutegura inama ya gatatu mu gihe gito gishoboka.

Nanone kandi hashimwe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yo guhererekanya abarimu n’ubumenyi, aho u Rwanda rumaze kwakira abarimu 158 baturutse muri Zimbabwe baje gutanga umusanzu wabo mu kuzamura ireme ry’uburezi. 

Abagize Komisiyo baganiriye no ku zindi ngingo zirebana n’Akarere, harimo ibibazo by’umutekano mu bice bitandukanye by’Afurika. 

Zimbabwe yongeye gufata mu mugongo Abanyarwanda nyuma y’imyuzure n’inkangu byahitaye abantu 130 mu Ntara y’Iburengerazuba, iy’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo mu ntangiriro z’uku kwezi. 

Advertisement
NTAWITONDA Jean Claude

NTAWITONDA Jean Claude

Ntawitonda Jean Claude ni umunyamakuru akaba n'umwanditsi ubimazemo igihe gisaga imyaka 10. Yatangiye gukorana n'ikinyamakuru Imvaho Nshya guhera muri Werurwe 2015. Afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor's Degree) mu bijyanye n'Itangazamakuru n'itumanaho (Ishami ry'Itumanaho) yakuye mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda (UNR), kuri ubu yaje guhinduka Kaminuza y'u Rwanda (UR).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

June 3, 2023
Hashyinguwe mu cyubahiro imibiri 47 y'Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Muhanga: Abazi amakuru y’ahaherereye imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro barasabwa kuyatanga

June 2, 2023
Kirehe: Abaturage bazungukira kuri TVET yatwaye asaga miliyari

Kirehe: Abaturage bazungukira kuri TVET yatwaye asaga miliyari

June 2, 2023
Byinshi ku bihembo n’iserukiramuco bya Trace bigiye kubera mu Rwanda

Byinshi ku bihembo n’iserukiramuco bya Trace bigiye kubera mu Rwanda

June 2, 2023
Dr Sabin yagizwe Umuyobozi  w’Ikigega ghinzwe kurwanya ibyorezo

Dr Sabin yagizwe Umuyobozi w’Ikigega ghinzwe kurwanya ibyorezo

June 2, 2023
Inteko Rusange ya Sena yatoye Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda

Inteko Rusange ya Sena yatoye Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda

June 2, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

June 3, 2023

Rwanda Medical Supply (RMS) Limited : Tender Notice for Provision of Maintenance of Faulty Equipments

June 2, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.