03 June 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

U Rwanda rurihutisha iyubakwa ry’Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Bugesera

12 May 2023 - 15:02
U Rwanda rurihutisha iyubakwa ry’Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Bugesera
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’itinda ryaturutse ku kuvugurura Igishushanyombonera cy’Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Bugesera ryazanye n’impinduka mu bunini no mu bwiza, kuri ubu imirimo y’ubwubatsi irimo kwihutishwa ku muvuduko udasanzwe.

Imirimo yo kubaka icyo kibuga cy’indege cyitezweho kuzana impunduka zikomeye mu rwego rw’indege ku mugabane w’Afurika yatangiriye ku kubaka inzira z’indege, imiyoboro y’amazi, kunoza ibice bizubakwaho inyubako zinyuranye, parikingi y’indege, aho imodoka zizajya zinyura n’aho gutegerereza abagenzi, n’inzira zizajya zikoreshwa n’abakozi bo ku Kibuga. 

Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Bugesera giherereye mu bilometero bikabakaba 40 uvuye mu Mujyi wa Kigali, kikaba cyitezweho kuzura mu mpera z’umwaka wa 2026 gitwaye miliyari 2 z’amadolari y’Amerika. 

Icyiciro cya mbere cy’icyo kibuga nikimara kuzura kizaba gifite inyubako y’ibanze iri kuri metero kare 130,000 aho izaba ifite ubushobozi bwo kwakira abagenzi miliyoni umunani ku mwaka. 

Ikigo cyitwa Aviation Travel and Logistics (ATL) cyashinzwe na Leta y’u Rwanda mu mwaka wa 2015 ngo gicunge ibijyanye n’indege, gitangaza ko icyo Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Bugesera kizakomeza kongerwa kikazageza ku bushobozi bwo kwakira abantu miliyoni 14 mu mwaka. 

Hari kandi n’igice cyahariwe kwakira imizigo kizaba gifite ubushobozi bwo kwakira toni 150,000 by’imizigo. 

Umuyobozi Mukuru wa ATL Jules Ndenga, yabwiye The New Times, ko iki kibuga cy’indege cyutezweho kugira u Rwanda ihuriro nyafurika ry’ingendo zo mu kirere ndetse kikongera n’ubukungu bw’Akarere u Rwanda ruherereyemo. 

Hasi yari amafoto yihariye agaragaza uko ibikorwa by’ubwubatsi bikomeje kwihutishwa.  

Advertisement
NTAWITONDA Jean Claude

NTAWITONDA Jean Claude

Ntawitonda Jean Claude ni umunyamakuru akaba n'umwanditsi ubimazemo igihe gisaga imyaka 10. Yatangiye gukorana n'ikinyamakuru Imvaho Nshya guhera muri Werurwe 2015. Afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor's Degree) mu bijyanye n'Itangazamakuru n'itumanaho (Ishami ry'Itumanaho) yakuye mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda (UNR), kuri ubu yaje guhinduka Kaminuza y'u Rwanda (UR).

Comments 5

  1. Bolingo says:
    3 weeks ago

    Mwibagiwe kuvugamo na Power Houses.

    Reply
  2. Mudaheranwa Jean de Dieu says:
    3 weeks ago

    Yegosha komerezaho urasobanutse mutangaza makuru narimfite amatsiko yokuhareba
    Turikumwe

    Reply
  3. Mudaheranwa Jean de Dieu says:
    3 weeks ago

    Ok
    Ok

    Reply
  4. Bisengimana Eric says:
    3 weeks ago

    Jya juru Rwanda rwambyaye, nakunganya iki ko ngukunda urwo kukwitangira.
    Ntewe ishema nabawe baharanira ko umunsi kumunsi washinga imizi.
    Mwe mwese mushyiraho imbaraga ngo Rwanda nziza ihore kwisonga irushaho kuba nziza cyane ndabatashya , mukomere k’umuheto imibereho ni heza.

    Reply
  5. Mutangana Aloys says:
    3 weeks ago

    Bravo to the Government of Rwanda

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

June 3, 2023
Hashyinguwe mu cyubahiro imibiri 47 y'Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Muhanga: Abazi amakuru y’ahaherereye imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro barasabwa kuyatanga

June 2, 2023
Kirehe: Abaturage bazungukira kuri TVET yatwaye asaga miliyari

Kirehe: Abaturage bazungukira kuri TVET yatwaye asaga miliyari

June 2, 2023
Byinshi ku bihembo n’iserukiramuco bya Trace bigiye kubera mu Rwanda

Byinshi ku bihembo n’iserukiramuco bya Trace bigiye kubera mu Rwanda

June 2, 2023
Dr Sabin yagizwe Umuyobozi  w’Ikigega ghinzwe kurwanya ibyorezo

Dr Sabin yagizwe Umuyobozi w’Ikigega ghinzwe kurwanya ibyorezo

June 2, 2023
Inteko Rusange ya Sena yatoye Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda

Inteko Rusange ya Sena yatoye Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda

June 2, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

June 3, 2023

Rwanda Medical Supply (RMS) Limited : Tender Notice for Provision of Maintenance of Faulty Equipments

June 2, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.