03 June 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Kigali: Ingo zikabakaba 6,000 zigiye gukurwa mu manegeka

12 May 2023 - 10:02
Kigali: Ingo zikabakaba 6,000 zigiye gukurwa mu manegeka
Share on FacebookShare on Twitter

Umujyi wa Kigali watangaje ko ingo 5,812 zigomba gukurwa mu manegeka byihutirwa kugira ngo abazigize barindwe kuba bakwamburwa ubuzima n’ibiza biterwa n’imvura iteza inkangu n’imyuzure.

Uwo mwanzuro wafashwe nyuma y’ubugenzuzi bwakozwe kugeza ku wa Kane taliki ya 11 Gicurasi 2023, bukaba bwaraje nyuma y’ibiza byatewe n’imvura yahitanye abaturage 131, ikangiza inzu zirenga 6,200 n’ibikorwa remezo bitandukanye mu Ntara y’Iburengerazuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo mu ntangiriro z’uku kwezi.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangarije itangazamakuru ko abenshi mu bari bacumbitse manegeka bakodesha batangiye kwimuka, bakaba barahawe amafaranga yo kwishyura ukwezi kumwe.

Kuri banyiri inzu bari banazituyemo barimo guhabwa amezi atatu. Muri izo ngo 5, 812, Umujyi wa Kigali uvuga ko izigera ku 2,332 ari zo zakodeshaga mu manegeka. 

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Pudence Rubingisa, avuga ko ingo 361 ari zo zamaze kwimuka, yongeraho ko ibikorwa byo gukura abaturage mu manegeka bikomeje mu gihe n’imiyoboro y’amazi igenda isukurwa mu buryo buhoraho. 

Yagize ati: “Abayobozi b’Inzego z’ibanze bakwiye gutanga amakuru ku nzu n’ibikorwa remezo biri mu manegeka, n’abagizweho n’ibiza. Itsinda rishinzwe ubugenzuzi rikomeje gushakisha abakeneye ubufasha bwo kwimuka mu buryo bwihuse.”

Rubingisa yavuze ko abaturage batuye ku misozi ihanamye bagomba kimuka cyangwa bakavugurura imiturire yabo hashingiwe ku miterere y’ubutaka batuyeho, hamwe n’amabwiriza yo kubungabunga ibidukikije n’ay’imyubakire iboneye. 

Akomeza agira ati: “Hari no gukorwa ubugenzuzi mu kugaragaza abari ahantu hari hafi yo kuba mu manegeka, nk’aharengerwa n’amazi no mu bishanga.”

Rubingisa yasabye abaturage b’Umujyi wa Kigali kwirinda kujugunya imyanda mu miyoboro y’amazi na za ruhurura.  Ati: “Iyo iyo myanda igeze mu bishanga ibuza amazi kwinjira mu butaka. Nyuma yo gufunga inzira z’amazi, hakurikiraho imyuzure yangiza ibikorwa remezo n’ibihingwa.”

Muri ubwo bugenzuzi bwakozwe byagaragaye ko mu Mujyi wa Kigali habarurwa ibibanza 24,404 byubatswemo inzu 27,000 ziri mu mangaka, nubwo ziri ahantu hagenewe imiturire mu Mirenge 35 y’Uturere dutatu tugize Umujyi. 

Abashinzwe imiturire mu Mujyi wa Kigali bavuga ko ahantu hitwa mu manegeka kubera ko hagaragaza ibyago byo gushyira ubuzima bw’abaturage bahaturiye mu kaga nko mu bishanga, ahantu hahanamye, ahari imisozi itenguka, n’abatuye muri metero 10 uvuye ahari ibyobo bifata amazi.

Ahandi hafatwa nko mu manegeka ni ibice byemerewe guturwamo ariko hakaba hari imiturire y’akajagari bikaba bituma ubuzima bw’abahatuye burushaho kujya mu kangaratete cyane cyane bikaba byagorana kuhagera igihe habayeho ibihe bidasanzwe.

Ahantu hose hatari ibikorwa remezo by’ibanze nk’ibyobo bifata amazi y’imvura n’imiyoboro yayo, imihanda mizima, inzira z’abanyamaguru, n’ibikorwa bikumira myuzure n’ibindi biza haba hari mu manegeka nk’uko biteganywa n’Umujyi wa Kigali. 

Ni muri urwo rwego Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangiye umushinga wo kuvugurura imiturire mu bice byari bisanzwe birimo akajagari, hagamijwe kugabanya ibyago bituruka ku manegeka. 

Ni umushinga wateganyirijwe ingengo y’imari ya miliyari 76 z’amafaranga y’u Rwanda, aho ahabarizwa y’akajagari mu Karere ka Nyarugenge, aka Gasabo n’aka Kicukiro hazagezwa ibikorwa remezo by’ibanze nk’imihanda, inzira z’abanyamaguru, za ruhurura, amatara yo ku mihanda, amashanyarazi, ibigo nderabuzima, amasoko, amashuri, amazi meza n’ibindi byose bikenewe mu korohereza abaturage kubaho ubuzima bwiza.

Kuri ubu uduce tw’akajagari twamaze gutoranywa harimo aka Mpazi muri Nyarugenge, Gatenga muri Kicukiro, Nyagatovu na Nyabisindu twombi duherereye mu Karere ka Gasabo. Iyi gahunda igamije kunoza imiturire y’utujagari hagabanywa umubare w’abimurwa.

Imiryango imwe n’imwe yabana mu manegeka atangiye gudashwa kuyimukamo
Advertisement
NTAWITONDA Jean Claude

NTAWITONDA Jean Claude

Ntawitonda Jean Claude ni umunyamakuru akaba n'umwanditsi ubimazemo igihe gisaga imyaka 10. Yatangiye gukorana n'ikinyamakuru Imvaho Nshya guhera muri Werurwe 2015. Afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor's Degree) mu bijyanye n'Itangazamakuru n'itumanaho (Ishami ry'Itumanaho) yakuye mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda (UNR), kuri ubu yaje guhinduka Kaminuza y'u Rwanda (UR).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

June 3, 2023
Hashyinguwe mu cyubahiro imibiri 47 y'Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Muhanga: Abazi amakuru y’ahaherereye imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro barasabwa kuyatanga

June 2, 2023
Kirehe: Abaturage bazungukira kuri TVET yatwaye asaga miliyari

Kirehe: Abaturage bazungukira kuri TVET yatwaye asaga miliyari

June 2, 2023
Byinshi ku bihembo n’iserukiramuco bya Trace bigiye kubera mu Rwanda

Byinshi ku bihembo n’iserukiramuco bya Trace bigiye kubera mu Rwanda

June 2, 2023
Dr Sabin yagizwe Umuyobozi  w’Ikigega ghinzwe kurwanya ibyorezo

Dr Sabin yagizwe Umuyobozi w’Ikigega ghinzwe kurwanya ibyorezo

June 2, 2023
Inteko Rusange ya Sena yatoye Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda

Inteko Rusange ya Sena yatoye Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda

June 2, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

June 3, 2023

Rwanda Medical Supply (RMS) Limited : Tender Notice for Provision of Maintenance of Faulty Equipments

June 2, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.