03 June 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Tom Close yasohoye album ‘Essence’ aca agahigo mu muziki Nyarwanda 

08 May 2023 - 11:45
Tom Close yasohoye album ‘Essence’ aca agahigo mu muziki Nyarwanda 
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Tom Close wasohoye album ya cyenda yise ‘Essence’ aca agahigo mu ruganda rw’umuziki Nyarwanda ushyize hanze album nyinshi, atanga umwitangirizwa ku bandi bahanzi ashimangira ibigwi bye mu gihugu. 

Uyu mu hanzi wahishuye ko yifuza ko iyi album yamufungurira imiryango akaba umwe mu bahanzi mpuzamahanga bari ku rwego rw’abakomeye muri Afurika.

Tom Close yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye n’Imvaho Nshya nyuma yo gushyira hanze Album yise ‘Essence’ ikaba iya Cumi mu zo amaze gukora kuva atangiye umuziki mu 2005.

Uyu muhanzi yavuze ko iyi album igizwe n’indirimbo 13 zose ziri mu rurimi rw’Icyongereza n’Ikinyarwanda gike mu rwego rwo kwagura ibihangano bye ku rwego mpuzamahanga. 

Ku rundi ruhande ariko ahamya ko ari impinduka yifuzaga gukora ku muziki we nyuma y’imyaka myinshi awumazemo.

Yagize ati “Urumva umuhanzi buri gihe ahorana igitekerezo cyo kuririmba, igihe cyarageze ndavuga nti ese ko maze gukora indirimbo nyinshi ni irihe tandukaniro ngiye gukora ubu? Hari n’urugendo rwo kuba mpuzamahanga abantu bahora badutuma ariko ntibaduhe impamba, nabitekerejeho nibaza icyo ngiye gukora gitandukanye n’ibyo nakoze mbere.”

Uyu muhanzi ahamya ko nubwo yari amaze igihe atunganya indirimbo nziza ariko yagombaga gutekereza icyo yakora gitandukanye n’ibisanzwe.

Tom Close yavuze ko ubwo yakoraga iyi album atigeze atekereza ko hari umuhanzi uwo ari we wese yifuzaga guhangana na we ahubwo yashakaga kugera ku rwego rw’abahanzi bakomeye muri Afurika.

Ati: “Ahantu nshaka kujya ni ahantu hari abahanzi nka ba Omah Lay, ba Davido nubwo bo bari kure ariko birashoboka.”

Tom Close ahamya ko gukora indirimbo 13 ziri mu Cyongereza bitari ugushyira hirya Ikinyarwanda, ahubwo ari ukwigomwa ikintu gishobora kumufasha kugera ku ruhando mpuzamahanga.

Yasabye abakunzi b’umuziki n’Abanyarwanda muri rusange gushyira umusanzu wabo kuri iyi album mu gihe bazaba baryohewe n’indirimbo ziyiriho. Yizeye ko album ye nshya izamufasha kwagura imbibi z’abakunzi be.

Abajijwe niba nta ngorane abona mu byo ashaka gukora byo kumenyekanisha umuziki we ku rwego mpuzamahanga, Tom Close yagaragaje ko nta cyagerwaho umuntu atitanzee.

Yakomeje ati “Biragoye ariko nanone ntabwo nabirekera aho. Nkeneye ubufasha bwa buri wese, ndabasabye mumfashe buri wese anshyigikire uko ashoboye.”

Ku ikubitiro Indirimbo zagiye hanze mu zigize album nshya ya Tom Close zirimo ‘A voice note’ yakoranye na Bull Dogg ndetse na ’Don’t worry’.

Album ye yayikoranyeho n’abahanzi nka Wezi wo muri Zambia, A Pass wo muri Uganda, Sat B w’i Burundi, Riderman, Nel Ngabo, Bull Dogg na B Threy bo mu Rwanda.

Tom Close ahamya ko iyi album yagizweho uruhare n’abantu benshi barimo Producer Knox wayikoze, Bob Pro watunganyije amajwi yayo na Ishimwe Clement wakurikiranaga ikorwa ryayo.

Tom Close watangiye umuziki mu 2005, aho yakoze indirimbo ‘Mbwira’ yari kuri album yise ‘Kuki’ yasohoye mu 2008, nyuma yaje gukora izindi album zirimo ’Sibeza’, ’Ntibanyurwa’, ’Komeza Utsinde’, ’Ndakubona’, ’Isi’, ’Igikomere’ na ’So Fine’ yaherukaga gukora.

Advertisement
GISUBIZO Gentil

GISUBIZO Gentil

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

June 3, 2023
Hashyinguwe mu cyubahiro imibiri 47 y'Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Muhanga: Abazi amakuru y’ahaherereye imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro barasabwa kuyatanga

June 2, 2023
Kirehe: Abaturage bazungukira kuri TVET yatwaye asaga miliyari

Kirehe: Abaturage bazungukira kuri TVET yatwaye asaga miliyari

June 2, 2023
Byinshi ku bihembo n’iserukiramuco bya Trace bigiye kubera mu Rwanda

Byinshi ku bihembo n’iserukiramuco bya Trace bigiye kubera mu Rwanda

June 2, 2023
Dr Sabin yagizwe Umuyobozi  w’Ikigega ghinzwe kurwanya ibyorezo

Dr Sabin yagizwe Umuyobozi w’Ikigega ghinzwe kurwanya ibyorezo

June 2, 2023
Inteko Rusange ya Sena yatoye Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda

Inteko Rusange ya Sena yatoye Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda

June 2, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

Triathlon: Ikipe y’u Rwanda yitabiriye “IRONMAN 70.3” muri Afurika y’Epfo

June 3, 2023

Rwanda Medical Supply (RMS) Limited : Tender Notice for Provision of Maintenance of Faulty Equipments

June 2, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.