31 March 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Perezida Kagame yihanganishije umuryango wa Gen (Rtd) Gatsinzi

17 March 2023 - 15:30
Perezida Kagame yihanganishije umuryango wa Gen (Rtd) Gatsinzi
Share on FacebookShare on Twitter

General (Rtd) Marcel Gatsinzi wabaye Minisitiri w’Ingabo w’u Rwanda akaba yaritabye Imana ku wa 6 Werurwe, kuri uyu wa Kane yasezeweho bwa nyuma ndetse anashyingurwa mu cyubahiro. 

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda Paul Kagame, yafashe mu mugongo abavandimwe, inshuti n’umuryango wa Nyakwigendera Gen. (Rtd) Gatsinzi Marcel. 

Yanihanganishije kandi umuryango mugari w’ingabo z’u Rwanda(RDF), abayobozi b’Inzego z’umutekano n’iza Guverinoma. 

Yagize ati: “Mu izina ryanjye bwite, iry’umuryango wanjye n’iry’umuryango mugari w’ingabo z’u Rwanda twifanyije namwe kuri uyu munsi w’akababaro duherekeje mu cyubahiro Gen (Rtd) Marcel Gatsinzi.”

Yakomeje agira ati: “Iki ni igihe cy’akababaro gakomeye, cyane cyane ku muryango wa Gen (Rtd) Marcel Gatsinzi, ni igihe kandi cy’akababaro kenshi ku muryango mugari w’ingabo z’u Rwanda no ku gihugu muri rusange, cyane iyo twibutse ibihe bitandukanye twabanyemo na Gen (Rtd) Marcel Gatsinzi, mu mirimo myiza n’ibigwi bye.”

Yakomeje avuga ko Nyakwigendera Gen (Rtd) Gatsinzi atigeze atezuka mu rugamba rwo kurinda umutekano n’ubusugire bw’Igihugu n’urwo kugiteza imbere, kugeza aho yagiriye mu kiruhuko cy’izabukuru.

Yavuze ko Gen (Rtd) Marcel Gatsinzi yakoreye Igihugu mu bwitange, atizigama, atanga umusanzu mu bitekerezo n’imbaraga ze mu mirimo itandukanye no mu bihe bitandukanye kugeza aho agiriye mu kiruhuko cy’izabukuru. 

Yakomeje agira ati: “Gen (Rtd) Gatsinzi yakoreye Guverinoma n’Ingabo z’u Rwanda mu nzego nyinshi zitandukanye. Izi nshingano yazihabwaga kubera ubushobozi bwo kuzuza indangagaciro zibereye igihugu n’ingabo z’u Rwanda.”

Yavuze ko atabarutse mu gihe Igihugu n’umuryango we bari bakimukeneye. Perezida yavuze ko igihe cyo kumusezeraho bwa nyuma gikwiye kuba icyo kuzirikana gukomeza umurage mwiza wo gukunda igihugu no kugikorera byaranze Gen (Rtd) Marcel Gatsinzi. 

Yakomeje agira ati: “Nanone mu bihe nk’ibi turizeza umuryango we ko ubuyobozi bw’Igihugu binyuze muri Minisiteri y’Ingabo na RDF buzakomeza kubaba hafi nk’uko amategeko abiteganya kandi bisanzwe no mu muco wacu.”

Yasoje ubwo butumwa yongera gushimira abafashe mu mugongo umuryango we no guherekeza mu cyubahiro Gen (Rtd) Marcel Gatsinzi.

Umuhango wo kumushyingura mu cyubahiro wabanjirijwe na Misa yo kumusezeraho bwa nyuma yabereye muri Kiliziya Gatolika ya Regina Pacis i Remera, mu Karere ka Gasabo. 

Ni umuhango witabiriwe na Minisitiri w’Ingabo Maj. Gen. Albert Murasira, Umujyanama wa Perezida mu by’Umutekano Gen. James Kabarebe n’abandi bayobozi bakuru muri Guverinoma.

Gen (Rtd) Gatsinzi yatabarutse azize uburwayi agejeje imyaka 75. Uyu mugabo afite ibigwi mu gisirikare yatangiye afite imyaka 20 y’amavuko . 

Advertisement
NTAWITONDA Jean Claude

NTAWITONDA Jean Claude

Ntawitonda Jean Claude ni umunyamakuru akaba n'umwanditsi ubimazemo igihe gisaga imyaka 10. Yatangiye gukorana n'ikinyamakuru Imvaho Nshya guhera muri Werurwe 2015. Afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor's Degree) mu bijyanye n'Itangazamakuru n'itumanaho (Ishami ry'Itumanaho) yakuye mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda (UNR), kuri ubu yaje guhinduka Kaminuza y'u Rwanda (UR).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

March 31, 2023
Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

March 31, 2023
Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

March 31, 2023
Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

March 31, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.