01 April 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Miliyari 20 Frw zateguriwe gukura mwarimu mu bukode 

14 March 2023 - 16:02
Miliyari 20 Frw zateguriwe gukura mwarimu mu bukode 
Share on FacebookShare on Twitter

Banki y’u Rwanda itsura Amajyambere (BRD) yatanze inguzanyo y’amafaranga y’u Rwanda miliyari 20 ku barimu, binyuze mu Kigo cy’Imari Umwalimu SACCO kugira ngo abafashe kubona inzu zabo bwite bagasezera ubukode.

Ubuyobozi bwa BRD n’ubwa Umwarimu SACCO buvuga ko amafaranga yatanzwe azafasha abarimu barenga 1900 kubona inzu zabo bwite muri gahunda yiswe ‘Gira Iwawe’ isanzwe ifasha abakozi kubona aho batura.

Ni gahunda ije mu gihe Koperative Umwalimu SACCO ifite abanyamuryango barenga 122,000 biganjemo abakiri mu bukode bakeneye gutunga inzu z’inzozi zabo. 

Biteganyijwe ko uzasaba inguzanyo yo kubaka azajya akatwa amafaranga atarenze kimwe cya kabiri cy’umushahara we buri kwezi, akazarangiza kwishyura mu gihe kibarirwa hagati y’imyaka 15-20, yongeyeho 11% by’inyungu.

Umuyobozi Mukuru wa Umwalimu SACCO, Laurence Uwambaje, yabuze ko inguzanyo bahawe igiye kubafasha kongera inguzanyo ku banyamuryango n’igihe bazajya barangirizaho kwishyura.

Avuga ko umwarimu warangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza (A0) wari usanzwe ahabwa inguzanyo y’icumbi ingana na miliyoni 9 n’ibihumbi 800 Frw yishyurwa mu myaka 12, ariko ubu azajya ahabwa miliyoni 10 n’ibihumbi 800Frw mu myaka 15.

Uwo Mwarimu wa A0 nahitamo kwishyura inguzanyo mu gihe kingana n’imyaka 20, azajya ahabwa miliyoni 11 n’ibihumbi 900 by’amafaranga y’u Rwanda.

Umwarimu ufite impamyabumenyi ya A1 wajyaga ahabwa inguzanyo y’icumbi ya miliyoni 7 n’ibihumbi 630 by’amafaranga y’u Rwanda mu myaka 12, ubu azajya ahabwa miliyoni 8 n’ibihumbi 400Frw mu myaka 15, cyangwa miliyoni 9 n’ibihumbi 200 mu myaka 20.

Umwarimu ufite impamyabumenyi ya A2 (warangije amashuri yisumbuye gusa) yajyaga ahabwa inguzanyo ingana na miliyoni 4 n’ibihumbi 250Frw mu myaka 12, ubu azajya ahabwa miliyoni 4 n’ibihumbi 600 mu myaka 15 cyangwa miliyoni eshanu n’ibihumbi 150Frw mu myaka 20.

Abarimu bahabwa iyo nguzanyo nta yindi ngwate basabwa uretse gutanga inzu bazubaka muri iyo nguzanyo baba bahawe.

Umuyobozi Mukuru wa BRD Kampeta Sayinzoga Pichette, avuga ko gahunda ya  ’Gira Iwawe’ yashyizweho na Leta y’u Rwanda ifatanyije na Banki y’Isi, mu rwego rwo gufasha buri Munyarwanda kubona icumbi rye bwite, akaba asaba abarimu kwitabira gufata iyo nguzanyo.

Kampeta yakomeje agira ati: “Ubufatanye dufite hagati ya BRD na Umwalimu SACCO buratangiye. Aya mafaranga namara gukoreshwa, nta kintu na kimwe kizabuza Umwalimu SACCO kuza gufata andi inshuro zose bakeneye.”

Umwarimu wifuza inguzanyo ya BRD ashobora kuba ari uwarambagije inzu isanzwe ihari, cyangwa ari ufite ikibanza akaba ashaka kucyubakamo.

Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Umwalimu SACCO Gaspard Hakizimana, yashimiye Guverinoma y’u Rwanda idahwema gutekereza ku hazaza heza ha mwarimu, by’umwihariko agaragaza ko iyo nkunga ya BRD igiye gutuma amacumbi meza agera kuri benshi mu barimu.

Advertisement
Imvaho Nshya

Imvaho Nshya

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

March 31, 2023
Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

March 31, 2023
Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

March 31, 2023
Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

March 31, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.