01 April 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Abakora mu Nzego z’ubuzima bahuguwe ku kongerera umwuka abarwayi

14 March 2023 - 10:05
Abakora mu Nzego z’ubuzima bahuguwe ku kongerera umwuka abarwayi
Share on FacebookShare on Twitter

Abakora mu Nzego z’ubuzima barimo abenjenyeri n’abakora mu bya tekiniki mu bitaro binyuranye mu Rwanda, bahuguwe ku  gukora no gukoresha imashini zongerera  umwuka abarwayi kwa  muganga “Oxygene”, bavuga ko ubumenyi bahawe buzabafasha kurushaho kwita ku barwayi.

Ntakirutimana Thassien ukora mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) mu gashami gashinzwe ibikoresho n’inyubako byo kwa muganga, ni umwe mu bahuguwe, yavuze  ko imashini zitanga umwuka kwa muganga zari zisanzwe mu bitaro kandi zifasha mu buvuzi ariko ubumenyi bari bazifiteho butari buhagije.

Ubwo hasozwaga aya  mahugurwa mu Mujyi wa Kigali,  yagize ati: “Hari igihe twakira abarwayi bakenera umwuka ariko ubumenyi twari dufite ntabwo bwari bwinshi, badusangije amasomo ajyanye no kumenya ibice bigize imashini, ibipfa n’uburyo nk’umwenjenyeri ashobora kubikiza, badusangiza uburyo imashini zikora, uburyo dushobora kwirinda kubera ko ni ahantu haba hashobora kuboneka impanuka. Ibyo icyo byadufashije ni ugutekereza dukurikije amasite duturukaho uburyo tuzanoza imikorere yacu, byatumye tubona n’ibyo twajyaga dukora nk’amakosa ubu tugiye gukosora”.

Murekatete Pacifique ukorere mu Bitaro bya Gihundwe yavuze ko bishimiye ubumenyi bongerewe ku bijyanye no guha umwuka abarwayi kuko na wo ari umuti. 

Bahuguriwe ahari uruganda rutunganya uriya mwuka bituma barushaho kunguka  ubumenyi  bugiye gutuma barushaho kunoza akazi kabo.

Ati: “Mu byo twize harimo kubungabunga imashini, ibijyanye n’amacupa yo gushyiramo umwuka (Oxygene) […], ubumenyi nari mfite bwari buri hasi cyane kuko ntabwo twakoreshaga uruganda, twakoreshaga amacupa bisanzwe”.

Aya mahugurwa y’icyumweru kimwe bahawe yateguwe n’ikigo cyita ku bijyanye n’ubuzima BHI (Build Health International), agamije kubafasha kurushaho gutanga serivisi nziza mu kongerera abarwayi umwuka no gukora izo mashini ziwutanga  mu gihe zigize ikibazo.

Andrew L. Johnston, Umuyobozi Mukuru muri  BHI ushinzwe ibijyanye no kwigisha no guhugura ku buvuzi bwo gutanga umwuka wongererwa abarwayi (Medical Oxygen Education And Training), yavuze ko mu gihe cya Covid-19 u Rwanda rwaguze imashini nyinshi  zitanga umwuka wa “Oxygene”, bityo ziba zikeneye ko abazikoresha bagira ubumenyi buhambaye akaba ari yo mpamvu bateguye aya mahugurwa.

Yagize ati: “Dufite ubunararibonye kuri izo mashini, twaje gutanga ubufasha ku bufatanye na RBC ku bijyanye no guhugura Abenjenyeri n’abatekinisiye (technician)”.

Avuga ko babahaye n’uburyo bwo guhora bakurikirana ziriya mashini; igize ikibazo igahita ikorwa, ibi bikaba bituma ziramba.

Umutesi Francine  umukozi wa RBC ushinzwe inyubako n’ibikoresho byo kwa muganga, avuga ko ubumenyi abahuguwe bahawe, buzabafasha gutanga umwuka uri ku bipimo byizewe biri ku rwego mpuzamahanga, yizeza ko gahunda nk’iyi yo guhugura izakomeza.

Yasobanuye  ko abagera kuri 68 ari bo bahawe amahugurwa ku mashini(PSA medical oxygen Plant) zikora umwuka wa “Oxygene”.

Ati: “Twagize ubufatanye n’ibigo bitandukanye kugira ngo iki gikorwa gikorwe barimo BHI, USAID… babifitemo ubuzobere kandi biteguye gukomeza gufasha ibitaro byo mu Rwanda kugira ngo bagire ubwo bumenyi bwo gukora imashini mu gihe zigize ikibazo ndetse no kuzifata neza”.

Umutesi yavuze ko ubumenyi nk’ubu bwo ku rwego rw’Abenjenyeri mu bijyanye n’ubuvuzi busa nk’aho ari bushya mu Gihugu,  budafitwe na bose n’ubwo hari ishuri ribigisha (IPRC) ariko iyo basohotse baba bakeneye guhugurwa by’umwihariko.

Abakora mu Nzego z’ubuzima bongerewe ubumenyi ku mashini zongerera umwuka abarwayi
Advertisement
TUMUKUNDE Georgine

TUMUKUNDE Georgine

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

March 31, 2023
Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

March 31, 2023
Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

March 31, 2023
Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

March 31, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.