01 April 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Perezida Kagame yakomoje ku biganiro byo gufungura Rusesabagina 

14 March 2023 - 15:33
Perezida Kagame yakomoje ku biganiro byo gufungura Rusesabagina 
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yatangaje ko hari ibiri gukorwa mu kuba u Rwanda rwavana mu nzira ikibazo cya Paul Rusesabagina, Amerika n’u Bubiligi byifuza ko yarekurwa.

Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Mbere  mu kiganiro n’umunyamakuru Steve Clemons ukorera ikinyamakuru Semafor, ubwo hatangizwaga Inama Mpuzamahanga yiga ku mutekano (Global Security Forum) iri kubera i Doha muri Quatar.

Rusesabagina wahamwe ibyaha by’iterabwoba yakatiwe imyaka 25 nyuma y’iburanisha ryamaze umwaka urenga aho yari akurikiranywe hamwe na bagenzi be 20 bari bakurikiranyweho ibyaha bijya gusa. 

Urubanza rwe na bagenzi be rwabereye mu ruhame ndetse rukurikirwa n’Isi yose hifashishijwe ikoranabuhanga. 

Nubwo yari yivanye mu rubanza rugitangira avuga ko atizeye kubona ubutabera buboneye, ubushinjacyaha bwagaragazaga ibimenyetso simusiga by’uruhare yagize mu gutegura no gutera inkunga ibitero byagabwe ku Rwanda mu bihe bitandukanye. 

Gusa ku rundi ruhande hari ibihugu cyane  cyane ibyo mu Burengerazuba bw’Isi, byakomeje gutitiriza bisaba ko Paul Rusesabagina arekurwa kuko ari Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’u Bubiligi akaba n’umuturage wemewe wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA). 

Guverinoma y’u Rwanda yakomeje guhagarara mu murongo w’uko Rusesabagina akwiye ubutabera kimwe n’abaturage bahuye n’ingaruka z’ibitero by’iterabwoba byateguwe n’umutwe wa FLN-MRCD UBUMWE yari abereye Umuyobozi. 

Umukuru w’Igihugu agaruka ku busabe bw’ibyo bihugu, yavuze ko Rusesabagina wakatiwe n’inkiko afungurwe, yavuze ko hari ibiri gukorwa.

Yagize ati: “Navuga ko hari akazi kari gukorwa kuri byo, ntabwo turi abantu bashaka kuguma ahantu hamwe, nta gukora urundi rugendo rujya imbere, ku mpamvu iyo ari yo yose.”

Perezida Kagame yongeyeho ko bizwi mu mateka ko mu Rwanda habaye intambwe, hagerwa ku ntera nziza kubera ko “habayeho kubabarira ibitari bikwiye imbabazi, abantu bagize uruhare muri Jenoside, benshi barafungurwa.”

Ati: “Hari ibirimo gukorwa ngo dukemure iki kibazo cya Rusesabagina.  Ntabwo turi ba bantu bashaka gukomeza ibintu ngo ntihabe hari igikorwa.”

Perezida Kagame yakomeje agira ati: “Ntitwibohera kuri ibyo byahise, hari ibiganiro no kureba inzira zose zishoboka zakemura icyo kibazo, hatabayeho kurenga ku mahame remezo ajyanye n’icyo kibazo, ntekereza ko hazakomeza kugira ibindi bikorwa.”

Umunyamakuru Clemons yasabye Perezida Paul Kagame ko igihe hazagira ikindi gikorwa yazamubwira. 

Advertisement
NTAWITONDA Jean Claude

NTAWITONDA Jean Claude

Ntawitonda Jean Claude ni umunyamakuru akaba n'umwanditsi ubimazemo igihe gisaga imyaka 10. Yatangiye gukorana n'ikinyamakuru Imvaho Nshya guhera muri Werurwe 2015. Afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor's Degree) mu bijyanye n'Itangazamakuru n'itumanaho (Ishami ry'Itumanaho) yakuye mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda (UNR), kuri ubu yaje guhinduka Kaminuza y'u Rwanda (UR).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

March 31, 2023
Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

March 31, 2023
Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

March 31, 2023
Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

March 31, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.