01 April 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Masaka: Abagore bahawe telefoni ngo biteze imbere mu ikoranabuhanga

11 March 2023 - 11:03
Masaka: Abagore bahawe telefoni ngo biteze imbere mu ikoranabuhanga
Share on FacebookShare on Twitter

Abagore 30 bahawe telefoni kugira ngo bashobore kwiteza imbere binyuze mu ikoranabuhanga. Ni telefoni zatanzwe ku bufatanye n’umushinga wa DP World/Rwanda uhagarariwe na Mr Sumeet mu Rwanda.

Ni mu gihe insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti ‘Hanga udushya mu guteza imbere uburinganire’.

Ni igikorwa cyakozwe tariki 08 Werurwe 2023, ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’umugore mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali.

Inzego zitandukanye z’ubuyobozi mu murenge wa Masaka ndetse n’Inama y’Igihugu y’Abagore kuva mu mudugudu, mu kagari kugeza ku rwego rw’umurenge zitabiriye umunsi mpuzamahanga w’umugore.

Umwe mu bagore bahawe telefoni avuga ko izamufasha gushaka isoko ry’ibyo acuruza ndetse agakurikirana gahunda za Leta akoresheje ikoranabuhanga.

Ati “Nkora imirimo y’ubushabitsi ariko nshobora kugaragaza ibyo nkora nyuze ku mahuriro ya WhatsApp mpuriraho n’abandi nkaba nahabona umukiriya. Ikindi nzajya nkurikira gahunda za Leta bitansabye kujya kureba televiziyo cyangwa kumva radiyo cyane ko umwanya wanjye uba ari muke”.

Akomeza asaba bagenzi be gutinyuka gukoresha ikoranabuhanga aho kugira ngo rikoreshwe na basaza babo gusa.

Beretswe ko ikoranabuhanga rikoreshejwe neza, ryateza imbere umugore ndetse n’undi uwo ari we wese.

Nduwayezu Alfred, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Masaka, yabwiye Imvaho Nshya ko hakozwe imurikabikorwa ry’ibyagezweho n’abagore bo muri Masaka.

Mu bindi byakozwe kuri uyu munsi mpuzamahanga w’umugore mu murenge wa Masaka, imiryango 9 yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko yarasezeranye.

Ku bufatanye n’Umujyi wa Kigali, abagore bakora imirimo y’ubucuruzi bararemewe, hanahembwa umugoroba w’Umuryango wabaye Indashyikirwa.

Abana bari mu mirire mibi mu murenge wa Masaka, baragaburiwe hanasobanurwa uko umubyeyi akwiye gutegura indyo yuze hagamije guca burundu ikibazo cy’indwara z’imirire mibi.

Imvaho Nshya yamenye amakuru yuko abageni basezeranye ku munsi mpuzamahanga w’umugore, bose  bahawe impano ya telephone bakaba bimeyemeye gushishikariza indi miryango ibana itarasezeranye, kubikora vuba kuko ngo urugo aribwo rurushaho gutera imbere kubera kwizerana kw’ababana.

Abagore ba Masaka bashimirwa ibyiza byinshi bamaze kugeraho ariko bagasabwa gukomeza gukora cyane biteza imbere.

Bibukijwe kandi ko ubuyobozi kuva ku mudugudu kugeza ku rwego rw’ Igihugu bubifuriza ibyiza.

Advertisement
KAYITARE Jean Paul

KAYITARE Jean Paul

Kayitare Jean Paul ni umunyamakuru utara inkuru ubimazemo imyaka 13. Yatangiye gukorana n’ikinyamakuru Imvaho Nshya guhera muri Nyakanga 2016. Afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor’s Degree) mu bijyanye n’Ububanyi Mpuzamahanga (International Relations) yakuye muri Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

March 31, 2023
Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

March 31, 2023
Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

March 31, 2023
Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

March 31, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.