01 April 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Kayumba Christopher yagizwe umwere ku gufata ku ngufu

22 February 2023 - 15:42
Kayumba Christopher yagizwe umwere ku gufata ku ngufu
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatatu, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwagize umwere Dr Kayumba Christopher washinjwaga ibyaha byo gusambanya ku gahato n’icy’ubwinjiracyaha mu gufata ku ngufu yakekwagaho kuba yarakoreye abagore babiri. 

Abo bagore babiri bamuregaga harimo uwari umukozi we wamureze ko yamufashe ku ngufu mu mwaka 2012, n’undi wari umunyeshuri we mu Ishuri ry’itangazamakuru rya Kaminuza y’u Rwanda wemezaga ko yashatse kumufata ku ngufu akamucika.

Nyuma yo gusuzuma ibimenyetso, urukiko rugasanga bikemangwa rwatangaje ko nta cyaha na kimwe gihama Dr Kayumba Christopher wari agiye kumara umwaka muri Gereza ya Mageragere. 

Ubushinjacyaha bwari bwasabye ko Dr Kayumba yahamwa n’ibyaha yari akurikiranyweho “yakoze mu bihe bitandukanye”, rukamuhanisha igifungo cy’imyaka 10 n’amezi atandatu.

Nyamara Dr. Kayumba yaburanaga agaragaza ko ibyo ashinjwa ari ibihimbano, agasaba ubutabera kumurenganura mu gihe mu rukiko rw’Ibanze yari yakatiwe iminsi 30 y’agateganyo. 

Yavugaga ko hakwiye kugaragazwa ibimenyetso bikubiyemo na raporo ya muganga yemeza ko habayeho gufata ku ngufu, ariko ubushinjacyaha buvuga ko ibyo bitari ngombwa cyane bitewe n’igihe cyari gishize atararegwa. 

Advertisement
Imvaho Nshya

Imvaho Nshya

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

March 31, 2023
Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

March 31, 2023
Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

March 31, 2023
Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

March 31, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.