01 April 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Kigali: Yashinje ivanguraruhu abapolisi bamusanganye ibirarane by’amande

23 February 2023 - 08:13
Kigali: Yashinje ivanguraruhu abapolisi bamusanganye ibirarane by’amande
Share on FacebookShare on Twitter

Ensar Kaplan, umwe mu banyamahanga baryohewe n’ubuzima bwiza ndetse n’umutekano bafite mu Rwanda, yateje impagarara ku mbuga nkoranyambaga aho avuga ko ahagaritswe n’abapolisi iminsi ibiri bamuhora ko ari umuzungu. 

Polisi y’u Rwanda imaze kubona ubutumwa bwe yahise ikurikirana isanga impamvu uyu mugabo yahagaritswe itandukanye n’iyo atangaza, ahubwo ari ukubera ko imodoka atwara ifite ibirarane by’amande yandikiwe guhera mu kwezi k’Ugushyingo 2022. 

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Ensar yagize ati: “Nubwo nkunda u Rwanda, ndambiwe ivanguraruhu rya bamwe mu bapolisi. Uyu mupolisi yafashe uruhushya rwanjye rwo gutwara ibinyabiziga na carte jaune n’agasuzuguro. Yanze kuturekura, none nkererewe mu nama nari mfite.”

Hashize umwanya yongeye gutangaza amashusho avuga ko yafashwe inshuro ya kabiri n’abapolisi na bo ashinja kugira ivanguraruhu. 

Polisi y’u Rwanda yamusubije imumenyesha ko u Rwanda muri rusange na Polisi by’umwihariko, bitihanganira ivangura iryo ari ryo ryose harimo n’ivanguraruhu, ariko ko yasanze Kaplan ari we ufite ikibazo kuko yishyuzwa ibirarane bimaze amezi akabakaba atanu yandikiwe kubera amakosa yo mu muhanda. 

Ubutumwa bwa Polisi buragira buti: “Twakurikiranye iki kibazo dusanga wararengeje igihe cyo kwishyura amande yo mu kwezi k’Ugushyingo mu mwaka ushize ari na yo mpamvu uruhushya rwawe rwo gutwara na carte jaune byafashwe. Ubu ni uburyo busanzwe bukoreshwa ku banze kwishyura ibihano baciwe.”

Polisi y’u Rwanda yaboneyeho kumugira inama yo gukurikiza icyo amategeko n’amabwiriza y’umuhanda biteganya mu rwego rwo kwirinda kugorwa no kwishyura ibihano. 

Bamwe mu batanze ibitekerezo ku myitwarire ya Kaplan, bagaragaje ko kwishyira hejuru ari kimwe mu bibazo by’abanyamahanga baza muri Afurika bizeye gufatwa nk’ibitangaza cyangwa abantu badasanzwe. 

Mu gihe ibyo bishobora gukorwa kuri bimwe mu bihugu by’Afurika, mu Rwanda si ko bimeze kuko amategeko yubahirizwa hatitawe ku kuba uri umwenegihugu cyangwa umunyamahanga. 

Bikekwa ko impamvu uyu munyamahanga yumvaga ko yakorewe ivanguraruhu ari uko hari imodoka yabonaga zihita, ariko ntiyasobanukirwa ko Polisi y’u Rwanda isigaye ifite ikoranabuhanga ritahura imodoka zifite ibirarane by’amande bitarishyurwa.  

Advertisement
NTAWITONDA Jean Claude

NTAWITONDA Jean Claude

Ntawitonda Jean Claude ni umunyamakuru akaba n'umwanditsi ubimazemo igihe gisaga imyaka 10. Yatangiye gukorana n'ikinyamakuru Imvaho Nshya guhera muri Werurwe 2015. Afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor's Degree) mu bijyanye n'Itangazamakuru n'itumanaho (Ishami ry'Itumanaho) yakuye mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda (UNR), kuri ubu yaje guhinduka Kaminuza y'u Rwanda (UR).

Comments 2

  1. Tharciss Uzayikorera says:
    1 month ago

    🚵‍♂️🚵🏿‍♂️🚵🏿‍♂️🚵🏿‍♂️🚵🏿‍♂️🚵🏿‍♂️🚵🏿‍♂️🚵🏿‍♂️🚵🏿‍♂️🚵🏿‍♂️🚵🏿‍♂️🚵🏿‍♂️🚵🏿‍♂️🚵🏿‍♂️

    Reply
  2. Samo says:
    1 month ago

    Abanyaturkiya ni abantu ahubwo bafite irondaruhu riteye inkeke. Niba ari uko baba bumva ari abazungu ariko bakaba ataribo neza, ntawamenya. Bagira urugomo pe!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

March 31, 2023
Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

March 31, 2023
Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

March 31, 2023
Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

March 31, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.