01 April 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Siriya: Hatabawe uruhinja rwavukiye mu nyubako yasenywe n’umutingito

08 February 2023 - 10:49
Siriya: Hatabawe uruhinja rwavukiye mu nyubako yasenywe n’umutingito
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko umutingito wibasiye igihugu cya  Siriya na Turikiya mu rukerera rwo ku wa 6 Gashyantare 2023, mu batabawe harimo n’uruhinja rwavukiye muri imwe mu  nyubako zasenywe n’uwo mutingito muri Siriya, ikaba yari  ifite amagorofa arindwi.

Gusa abakora ubutabazi basanze umubyeyi wabyaye urwo ruhinja atakiri muzima.  Bikekwa ko rwavutse nyuma y’amasaha agera kuri arindwi habaye umutingito. 

Dr Hani Maarouf umwe mu baganga bari kwita kuri uyu mwana, yatangarije Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa ko umwana bamusanganye udukomere, ariko babona ko ubuzima bwe bugenda bumera neza.

Uyu mutingito ukomeye uri ku kigero cya  7.8 wibasiye igice cyo mu majyepfo y’iburasirazuba bwa  Turikiya n’amajyaruguru ya Siriya  umaze guhitana  abarenga 9,500. Muri Turikiya honyine hapfuye abarenga 7000. 

Hakomeje ubutabazi n’ubwo hamwe imvura nyinshi yakomye mu nkokora iki gikorwa, hari impungenge ko umubare w’ababuze ubuzima  ushobora gukomeza kwiyongera.

Bamwe mu bafite ababo bagwiriwe n’inzu batangaje ko nta cyizere bafite ko abantu babo baba bagihumeka bitewe n’igihe gishize bataratabarwa.

Bimwe mu binyamakuru byo mu mahanga byatangaje ko umushakashatsi Frank Hoogerbeets wikorera ku giti cye, yari yatanze impuruza abicishije kuri twitter mu minsi 3 mbere  y’uko uriya mutingito uba, ntibyahabwa agaciro.

Mu 1999 na bwo abantu barenga 17,000 bishwe n’umutingito ukomeye wibasiye amajyaruguru y’iburengerazuba bwa Turikiya.

Advertisement
TUMUKUNDE Georgine

TUMUKUNDE Georgine

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

March 31, 2023
Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

March 31, 2023
Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

March 31, 2023
Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

March 31, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.