09 February 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Gicumbi: Hatangiye kubakwa Imidugudu yihanganira imihindagurikire y’ibihe

30 January 2023 - 20:50
Gicumbi: Hatangiye kubakwa Imidugudu yihanganira imihindagurikire y’ibihe

Harimo kubakwa inzu 60 ku ikubitiro mu 100 zizatuzwamo abari batuye mu manegeka

Share on FacebookShare on Twitter

Imiturire ni kimwe mu bikorwa bigira ingaruka iyo idakozwe mu buryo bubungabunga ibidukikije, bityo mu Karere ka Gicumbi hatangiye kubakwa Imidugudu y’icyitegererezo yihanganira imihindagurikire y’ibihe.

Binyuze mu mushinga Gicumbi itoshye (Green Gicumbi Project), hatangiye kubakwa Imidugudu yihanganira imihindagurikire y’ibihe, ahazubakwa inzu 200, mu Mirenge ya Rubaya n’uwa Kaniga, aho buri umwe ugenewe kubakwamo inzu 100 zo gutuzamo abantu bari batuye mu manegeka.

Umukozi wa Green Gicumbi ushinzwe ibikorwa remezo, Eng. Fulgence Dusabimana yatangarije Imvaho Nshya ko inyubako zirimo gushyirwa muri iyo midugudu y’icyitegererezo yita ku kureba uko ihangana n’imihindagurikire y’ibihe, igahabwa abari batuye nabi mu manegeka.

Ati: “Hano turi harimo kubakirwa abaturage turimo gukura mu manegeka, muri gahunda yo kubakira imiryango 200, hubakirwa imiryango 100 muri Rubaya n’indi 100 muri Kaniga. Tumaze kuzuza inzu z’imiryango 40 muri Rubaya, twatangiye na hano muri Kaniga aho turimo kubakira imiryango 60.

Yasobanuye ibikurikizwa ngo izo nyubako zibe zihangana n’imihindagurikire y’ibihe.

Ati: “Ibijyanye n’imbata z’inzu zihanganira imihindagurikire y’ibihe kubera impamvu zitandukanye, iya mbere ni ibikoresho dukoresha, ni ibikoresho byabonetse tutangije ikirere, amatafari dukoresha atwikwa mu buryo butangiza amashyamba, hakoreshwa ubundi buryo butari ugukoresha inkwi dusanzwe tuzi, hifashishijwe ibishishwa bya kawa, iby’umuceri n’ibindi, kandi butanga ingufu mu gutwika amatafari kandi agashya ku rwego rwo gukoreshwa.

Ikindi ibiti bikoreshwamo ntitwemerera imishoro nubwo dukoresha ibiti mu bikwa kuko ibiti bihendutse, ariko dukoresha  imbaho zabonetse mu biti bikuze.

Hanubatswe ibigega 6 bya metero kibe 100 kimwe kimwe, bikazafasha gufata amazi yo ku bisenge

Amabati buriya ntabwo amabara tuyahitamo uko tubonye, tureba ngo ni ayahe mabati ari bwakire urumuri ariko akagerageza gusubiza urumuri rwinshi mu kirere na byo turabireba. Ku buryo ubuhehere mu nzu bwiyongera”.

Yongeyeho kandi ko aho ku Mudugudu wa Kaniga, amazi y’imvura afatwa akajya mu bigega, agakoreshwa mu buryo butandukanye bitewe n’icyo ateganyirizwa gukoreshwa.

Ati: “Akenshi ahagiye umudugudu usanga hepfo yawo hatangiye kuza imikoki, hano dufata amazi ngo atangiza kandi tukigisha abaturage uko bayasukura bitewe n’icyo azakoreshwa”.

Umwe mu baturage, bakora imirimo yo kubaka ku Mudugudu wa Kaniga, akaba ari umusore yavuze ko ari byiza kuba wubatswe, kuko hari abantu bari batuye ahantu habi.

Ati: “Uyu Mudugudu uziye igihe kuko abatishoboye bazawutuzwamo bazaba batuye neza, bafite mazi hafi yabo”.

Yongeyeho ko n’abahakora babyungukiyemo kuko bahembwa amafaranga akabafasha mu iterambere ryabo n’imiryango yabo.

Undi ukora imirimo yo guhereza (ubuyede) w’umukobwa yavuze ko yizera ko kuba afite akazi ku nyubako y’uwo mudugudu  bizamufasha kwiteza imbere.

Ati: “Mbere yo kuza gukora hano nabagaho bingoye, naryaga ari uko mvuye guca inshuro, ariko kuba nabonyemo akazi bizamfasha gukora umushinga uciriritse wo gucuruza mbashe kwiteza imbere.

Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo mu Murenge wa Kaniga kugira ngo uzatuzwemo imiryango 60 itishoboye igituye mu manegeka, igeze ku gipimo cya 69%.

Eng. Fulgence Dusabimana asobanurira itangazamakuru ibijyanye n’Umudugudu w’Icyitegererezo wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi
Advertisement
NYIRANEZA Judith

NYIRANEZA Judith

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

February 9, 2023
Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

February 8, 2023
Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya 14

Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya 14

February 8, 2023
Gutembera Nyungwe nijoro, ubukerarugendo bushya mu Rwanda

Gutembera Nyungwe nijoro, ubukerarugendo bushya mu Rwanda

February 8, 2023
Abashoferi ba bisi zitwara abagenzi basabwe kwitwararika

Abashoferi ba bisi zitwara abagenzi basabwe kwitwararika

February 8, 2023
Siriya: Hatabawe uruhinja rwavukiye mu nyubako yasenywe n’umutingito

Siriya: Hatabawe uruhinja rwavukiye mu nyubako yasenywe n’umutingito

February 8, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

February 9, 2023
Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

February 8, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.