09 February 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Rubavu: Bubakiwe imisarani ikeye kurusha inzu batuyemo

27 January 2023 - 02:36
Rubavu: Bubakiwe imisarani ikeye kurusha inzu batuyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunuko wibasiraga abahisi n’abagenzi, inzoka zo mu nda zabyimbishaga abana zidasize n’abakuru, n’izindi ndwara zituruka ku mwanda, byose byabaye amateka mu Mudugudu wa Bugu uherereye mu Kagari Busigari, Umurenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, nyuma y’aho bamwe mu bawutuye batagiraga ubwiherero bubakiwe imisarani ya kijyambere.

Ubu iyo uganiriye na bamwe muri abo bamaze kubakirwa, baratebya bakavuga ko iyo misarani mishya bashobora kuyiraramo bagasinzira, kubera uburyo ikoranywe ubuhanga kandi yoroshye kuyikorera isuku. Hari n’abatariyumvisha uburyo imisarani bitumamo isirimutse kurusha inzu batuyemo.

Abenshi muri abo baturage bubakiwe imisarani ni abasigajwe inyuma n’amateka bimuwe ahaguriwe Pariki y’Igihugu ya Gishwati Mukura, bakaba bishimira ko kuva bubakirwa iyo misarani yabahinduriye ubuzima kuko batakirwara cyangwa ngo barwaze indwara zituruka ku mwanda nk’uko byagendaga mbere.

Icyimanizanye Alphonsine, ni umwe muri bo wasobanuriye Imvaho Nshya uburyo imisarani ya mbere yabatezaga umwanda ukabije by’umwihariko mu bihe by’imvura aho amazirantoki yabasangaga imusozi, umunuko ugatungura n’amasazi akaba abonye akazi ko gukwirakwiza indwara.

Avuga ko bakundaga kwibasirwa n’uburwayi bw’inzoka zo mu nda ndetse ukaba wagira ngo Umudugudu wose baviduriye imisarani hanze kuko umunuko watumaga n’abanyura i Busigari bose bagenda bapfutse amazuru.  

Ati: “Imyobo y’imisarani ya mbere ntiyabaga ifunze, nta n’ubwo inkuta zayo zari zihomye, imisarani yabaga ifite  imyenge. Twagiraga imbogamizi iyo imvura yabaga iguye kuko ibyo munsi byazamukaga hejuru bigateza umwanda. Twahoraga mu munuko n’abatambuka mu muhanda bakumva bidasanzwe. Ikindi n’amasazi yabaga yaza akagera mu nzu, ku masafuriya cyangwa se ku masahani ari ku gatanda.”

Ashimira Leta y’u Rwanda yabagejejeho umushinga wo kububakira imisarani kuko bahise babona impinduka aho abana batakirwaragurika, umunuko wahise ugenda nka nyomberi, ndetse na bo ngo bararyama bagasinzira.

Yakomeje agaragaza uburyo benshi muri bo bakekaga ko abana babyimba inda babiterwa n’amarozi, ariko baje gusanga bwari ubujiji.  Ikindi ngo ntibagikoresha ibyatsi mu kwisukura ahubwo bakoresha amazi, kandi imisarani yabo ihora itwikiriye bitewe n’ubuhanga yubakanye butuma yifundikira ikimara gukoreshwa.

Icyimanizanye Alphonsine, umwe mu baturage b’i Busigari, yishimira ko imisarani igezweho yabakijije umunuko n’indwara z’urudaca

Mugenzi we witwa Bigirimana Jean Bosco, na we ahamya ko ubuzima bwahindutse ariko akagaragaza ko abubakiwe imisarani bakiri bake ugereranyije n’abayikeneye kandi kuyubaka bisaba ubushobozi bitewe n’amabuye y’amakoro atuma kubona n’umwobo nibura wa metero imwe bihenda cyane.

Mu gihe abenshi muri uyu Mudugudu batagize amahirwe yo kubakirwa bakigowe no kwiyubakira imisarani yujuje ibisabwa, Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buvuga ko ingo zubakiwe iyo misarani zitarenga 70 kandi byari igerageza kugira ngo n’abafite ubushobozi babyigireho.

Gusa yanakomoje kuri gahunda yo gufatanya n’abaturage kugira ngo abatabasha kwiyubakira nibura batange uruhare bafite maze bunganirwe, kugira ngo n’ingo zisaga 1600 zitaragira ubwiherero mu Karere kose zizabe zibufite bitarenze muri uyu mwaka.

Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Rubavu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Ishimwe Pacifique, yabwiye itangazamakuru ko isuku n’isukura ari umuhigo bihaye cyane ko bitari mu muco w’abaturage baho.

Yemeza ko kubirebana n’ubwiherero, abaturage batuye mu gice kirimo amakoro bagorwa cyane no gucukura ubwiherero, ari na yo mpamvu hakozwe igerageza ry’ubwiherero bushobora guhangana n’amakoro.

Ati: “Twakoze igerageza ry’ubwiherero bushobora guhangana n’amakoro mu Murenge wa Cyanzarwe ndetse n’uwa Mudende, ku bufatanye n’abafatanyabikorwa bacu. Muri uyu mwaka tumaze kubaka ubwiherero bugera kuri 70, tubona nibigenda neza twakangurira abaturage babifitiye ubushobozi kubwiyubakira ariko tugakomeza no gufasha aba bandi badafite ubushobozi kuko nk’uko mwabibonye ni ubwiherero busaba ubushobozi bwinshi ku buryo umuturage wo mu cyiciro cyo hasi atabasha kubwiyubakira.”

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko inzoka zo mu nda ari imwe mu ndwara zititaweho uko bikwiye, kuko inyinshi abantu bahura na zo ziterwa n’ibibazo by’isuku nke birimo no kutagira ubwiherero bwiza kandi bwujuje ibisabwa.  

Nshimiyimana Ladislas, umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) ushinzwe ubushakashatsi ku ndwara zititaweho uko bikwiye (NTDs), yavuze ko inzoka zo mu nda zibamo ubwoko bwinshi ndetse n’indwara zitera ziri ku kigero cya 41% mu bana na 48% mu bakuze mu Rwanda.

Yavuze ko uretse indwara zo mu nda, kugira isuku n’isukura birinda n’izindi ndwara nyinshi, yibutsa ko isuku igomba guhera ku mubiri ikagera ku hantu umuntu atuye.

Iyi misarani ihorana isuku bitewe n’ubuhanga yubakanywe
Buri rugo rwahawe umusarani rwubakiwe n’ikigega gifata amazi y’imvura aho bahorana amazi bifashisha mu bikorwa by’isuku n’isukura
Inyinshi mu nzu z’abaturage b’i Busigari nta sima zifite, kandi zubakishijwe ibyondocyangwa imbaho
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buvuga ko imisarani ya kijyambere yubatswe mu Murenge wa Cyanzarwe n’uwa Mudende
Advertisement
NTAWITONDA Jean Claude

NTAWITONDA Jean Claude

Ntawitonda Jean Claude ni umunyamakuru akaba n'umwanditsi ubimazemo igihe gisaga imyaka 10. Yatangiye gukorana n'ikinyamakuru Imvaho Nshya guhera muri Werurwe 2015. Afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor's Degree) mu bijyanye n'Itangazamakuru n'itumanaho (Ishami ry'Itumanaho) yakuye mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda (UNR), kuri ubu yaje guhinduka Kaminuza y'u Rwanda (UR).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

February 9, 2023
Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

February 9, 2023
Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

February 8, 2023
Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya 14

Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya 14

February 8, 2023
Gutembera Nyungwe nijoro, ubukerarugendo bushya mu Rwanda

Gutembera Nyungwe nijoro, ubukerarugendo bushya mu Rwanda

February 8, 2023
Abashoferi ba bisi zitwara abagenzi basabwe kwitwararika

Abashoferi ba bisi zitwara abagenzi basabwe kwitwararika

February 8, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

February 9, 2023
Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

February 9, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.