09 February 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Perezida Kagame arategura gukorera Siporo Rusange hanze ya Kigali

23 January 2023 - 07:51
Perezida Kagame arategura gukorera Siporo Rusange hanze ya Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

“Gutinda si uguhera…” nk’uko bigaragara mu butumwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageneye abatuye mu bice byo hanze y’Umujyi wa Kigali, abizeza ko mu bihe bya vuba azatangira kwifatanya na bo muri Siporo Rusange imaze kuba ubukombe mu Mujyi wa Kigali.

Aha Perezida Kagame yasubizaga umwe mu Banyarwanda bavugaga  ukuntu byaba byiza Perezida Kagame n’abandi bayobozi bakuru b’Igihugu bagiye bifatanya n’abatuye mu bice by’Intara z’Igihugu nk’uko babigenza mu Mujyi wa Kigali.

Ubwo butumwa Perezida Kagame yanditse asubiza ni ubw’uwitwa Placide, wagize ati: “Mbega uko byaba byiza basi natwe mu Ntara badusuye tugakorera Siporo hamwe; nta cyiza nka byo”

Ubwo butumwa bwaje nyuma y’aho Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye mu Mujyi wa Kigali muri Siporo Rusange (Car Free Day) isoza ukwezi kwa Mutarama yabaye ku Cyumweru taliki ya 22.

Perezida Kagame yagize ati: “Gutinda si uguhera…..bizashoboka bitaraba kera … Inama: Tuzatangirire mu yihe Ntara?”

Gutinda suguhera…..bizashoboka bitaraba cyera …..Inama: Tuzatangirire muyihe Ntara!?? 🙂

— Paul Kagame (@PaulKagame) January 22, 2023

Iki gikorwa kimaze kumenyerwa mu Mujyi wa Kigali gikorwa kabiri mu kwezi, aho imihanda imwe n’imwe yo mu Mujyi ikumirwamo imodoka kugira ngo abaturage bafatanyije n’abayobozi mu nzego zitandukanye bakore siporo bisanzuye.

Nubwo ku ruhande rumwe iyi siporo ibonwa nk’uburyo bwo kuruhuka no kwishimisha ku Banyakigali, Inzego z’ubuzima zihamya ko ari umusingi wo kurwanya indwara zitandura (NCDs), mu gihe impuguke mu bidukikije zo ziyibona nk’intambwe ikomeye mu kugabanya ibyuka bihumanya ikirere kuko imodoka zibyohereza mu kirere ziba zagabanyutse.

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko hejuru ya 80% by’indwara zitandura zijyana abantu kwa muganga zishobora kwirindwa binyuze mu gukora siporo nibura iminota 30 ku munsi, kandi ubikora neza ashobora kubaho ubuzima buzira umuze akaba ingirakamaro ku muryango we no ku Gihugu.

Uko iminsi ihita, ni ko muri ikigikorwa cyishimirwa na benshi barimo n’Abanyamahanga basura u Rwanda kugenda cyongerwamo imikino mishya yiyongera ku kugenda n’amaguru, kunyonga igare, imyitozo ngororamubiri n’ibindi bikorwa binyuranye.

Kuri ubu hamaze kwinjiramo umukino wa Tennis ukinirwa ku muhanda (Road Tennis) na Ping Pong ndetse n’ibyanya byimukanwa byahariwe imyidagaduro y’abana bato.

Abitabiriye Siporo basuzumwa indwara zitandura, ndetse kuri ubu ku rutonde rw’ibikorwa by’ubuzima hiyongereyeho igikorwa cyo gutanga amaraso ku babyifuza kandi bujuje ibisabwa.

Uko Siporo Rusange yagenze mu mafoto/ © Village Urugwiro

Advertisement
NTAWITONDA Jean Claude

NTAWITONDA Jean Claude

Ntawitonda Jean Claude ni umunyamakuru akaba n'umwanditsi ubimazemo igihe gisaga imyaka 10. Yatangiye gukorana n'ikinyamakuru Imvaho Nshya guhera muri Werurwe 2015. Afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor's Degree) mu bijyanye n'Itangazamakuru n'itumanaho (Ishami ry'Itumanaho) yakuye mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda (UNR), kuri ubu yaje guhinduka Kaminuza y'u Rwanda (UR).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

February 9, 2023
Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

February 8, 2023
Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya 14

Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya 14

February 8, 2023
Gutembera Nyungwe nijoro, ubukerarugendo bushya mu Rwanda

Gutembera Nyungwe nijoro, ubukerarugendo bushya mu Rwanda

February 8, 2023
Abashoferi ba bisi zitwara abagenzi basabwe kwitwararika

Abashoferi ba bisi zitwara abagenzi basabwe kwitwararika

February 8, 2023
Siriya: Hatabawe uruhinja rwavukiye mu nyubako yasenywe n’umutingito

Siriya: Hatabawe uruhinja rwavukiye mu nyubako yasenywe n’umutingito

February 8, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

February 9, 2023
Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

February 8, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.