09 February 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Ibyo wamenya ku ruzinduko rw’Umuyobozi wa IMF mu Rwanda 

20 January 2023 - 09:56
Ibyo wamenya ku ruzinduko rw’Umuyobozi wa IMF mu Rwanda 
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Mukuru w’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) Kristalina Georgieva, yitezwe mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda, ruzatangira guhera taliki ya 24 kugeza ku ya 26 Mutarama 2023. 

Biteganyijwe ko uyu Muyobozi azahura ndetse akagirana ibiganiro n’abayobozi batandukanye muri Guverinoma y’u Rwanda harimo Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana, Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard ndetse na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

U Rwanda rwabaye igihugu cya mbere cyahawe inkunga y’Ikigega cya IMF cyashyiriweho kubaka ubudahangarwa bw’ibihugu mu buryo burambye (RST), aho ku ikubitiro rwahawe miliyoni 319 z’amadolari y’Amerika yo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere yazaniranye na Politiki yo guhuza ibikorwa bya Guverinoma bigamije kubaka ubukungu bushingiye ku bushobozi buciriritse no gukora amavugurura mu rwego rw’imari agamije kubaka iterambere rirambye. 

Ikigega RST kigamije gufasha ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere bibarizwa muri IMF kwigobotora ingorane zirimo imihindagurikire y’ikirere mu gihe kirekire kandi bidasabye ikiguzi gihambaye. 

Muri gahunda y’uruzinduko rwa Madamu Kristalina Georgieva, biteganyijwe ko azasura ba Guverineri ba Banki zo mu bihugu by’Afurika y’Iburasirazuba kimwe na ba Minisitiri b’Imari, hanyuma akazanitabira ibiganiro nyunguranabitekerezo ku ngamba z’Akarere mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Ku munsi we wa kabiri w’uruzinduko, Georgieva yitezwe guhura na ba rwiyemezamirimo bashoye imari mu kubungabunga ibidukikije hanyuma ku gicamunsi ahure n’urubyiruko ruhagarariye urundi rukora muri gahunda zo kubungabunga ibidukikije muri Pariki yo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima ya Nyandungu. 

IMF ni umwe mu bafatanyabikorwa b’imena kandi b’igihe kirekire b’u Rwanda mu iterambere aho icyo kigega gifite imishinga itandukanye mu gihugu ndetse kikaba kudahwema kugenera u Rwanda inkunga mu buryo bw’inguzanyo n’impano. 

Uruzinduko rw’uyu munyacyubahiro ruje rukurikira ubwitabire bwe mu Nama y’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Ubukungu (WEF) yabereye i Davos mu Busuwisi muri iki cyumweru, yibanze ku ngingo zirimo ukwigobotora COVID-19 no guhangana n’imihindagurikire y’ikirere. 

Advertisement
NTAWITONDA Jean Claude

NTAWITONDA Jean Claude

Ntawitonda Jean Claude ni umunyamakuru akaba n'umwanditsi ubimazemo igihe gisaga imyaka 10. Yatangiye gukorana n'ikinyamakuru Imvaho Nshya guhera muri Werurwe 2015. Afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor's Degree) mu bijyanye n'Itangazamakuru n'itumanaho (Ishami ry'Itumanaho) yakuye mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda (UNR), kuri ubu yaje guhinduka Kaminuza y'u Rwanda (UR).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

February 9, 2023
Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

February 8, 2023
Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya 14

Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya 14

February 8, 2023
Gutembera Nyungwe nijoro, ubukerarugendo bushya mu Rwanda

Gutembera Nyungwe nijoro, ubukerarugendo bushya mu Rwanda

February 8, 2023
Abashoferi ba bisi zitwara abagenzi basabwe kwitwararika

Abashoferi ba bisi zitwara abagenzi basabwe kwitwararika

February 8, 2023
Siriya: Hatabawe uruhinja rwavukiye mu nyubako yasenywe n’umutingito

Siriya: Hatabawe uruhinja rwavukiye mu nyubako yasenywe n’umutingito

February 8, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

February 9, 2023
Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

February 8, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.