09 February 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Sobanukirwa impamvu Rubavu yera cyane ifite igwingira rya 40,2%

11 January 2023 - 16:14
Sobanukirwa impamvu Rubavu yera cyane ifite igwingira rya 40,2%
Share on FacebookShare on Twitter

Rubavu ni Akarere kera cyane kandi hose kuko gafite ubutaka bwiza bwera igihe cyose, ariko kakaba gafite igwingira ku gipimo cya 40,2% bitewe n’impamvu zirimo imyumvire, abaturage benshi, abahimukira no kubyara benshi.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Kambogo Ildephonse yatangarije Imvaho Nshya ko kuba ako Karere kera cyane ndetse mu bihe byose, bidatuma ibijyanye n’imirire na byo binoze, kuko abana bagera kuri 40,2% bagaragaraho igwingira, ariko bikaba bidaterwa n’uko babigurisha bakicura.

Yagize ati: “Ni Akarere gato ugereranyije n’utundi Turere nubwo kera gafite ubuso bwa kilometero 388 gusa ariko abaturage ni 460,000 ubucucike kuri Kilometero kare ni abaturage1208. Utundi Turere ni 400, 500, 600 twebwe ni inshuro 2, 3 tukagira n’ikindi kibazo cy’abimukira baza muri aka Karere  baturuka za Rutsiro, Ngororero, na Nyabihu.

Yongeyeho ati: “Ujye wumva ko nubwo yera ifite abaturage benshi kandi ko Congo ku bijyanye n’imirire ibyinshi babikura hano. Ibyinshi birambuka. Uko tubyeza ni ko bigenda, ugasanga hari ikibazo, igwingira turi kuri 40,2%; turi mu Turere 7 twa mbere tugwingiye. 

Iyo ukoze imibare uti ko mweza, mufite isambaza, amafi, ibirayi, imboga: amashu, karoti n’ibindi, n’ikibazo cy’imyumvire kizamo, gusa uyu mubare 40,2% ni ikintu gikomeye uyu mubare   cyane ntushobora kugeza mu cyerekezo 2050 iki kibazo kidakemutse byihuse n’ubwo bucucike kuri Kilometero kare”.

Byashimangiwe n’Umuhuzabikorwa wa gahunda y’ubuzima mu rugaga rw’Abikorera (PSF) mu Rwanda, Rusanganwa Léon Pierre asobanura ko ari ikibazo cy’imyumvire, kuko nubwo beza bagurisha bakabona amadolari, ku buryo byagombye kubafasha kunoza imirire.

Ati: “Impamvu si uko tugurisha ibintu muri Congo (RDC), ahubwo hari imiterere y’imiryango [….] abafite imyumvire ko kujyana umwana ku ishuri ugasanga ari ikibazo,[….] hari abagomba gukomeza kwitabwaho. Ahubwo kugurisha ibintu hakurya ni byiza mu kugabanya igwingira kuko tugurishayo ibintu bakabona amadovize. Ni ikibazo cy’imyumvire”.

Kubyara benshi na byo  ni imwe  mu mpamvu zituma abana bagaragaraho igwingira, ariko Leta ikaba ishaka uburyo icyo kibazo cyakemuka hateganywa ubutaka bwo guhingaho n’ubwo guturwaho kimwe na gahunda y’amarerero.

Meya Kambogo yagize ati: “Kubyara, hano barabyara, abana 6, 7 ku muryango. Ni yo mpamvu ubu dushimira Leta yafashe umwanzuro wo gukemura ikibazo cy’imiturire, aho 46% by’ubutaka bwa Rubavu bugomba guhingwa, n’urimo ajye aho bagaragaje ho gutura, Ni inshingano zikomeye zigomba gushyirwa mu bikorwa no guhindura imyumvire ngo babyumve, naho ubundi twazagera  mu myaka 10 iri imbere cyangwa nu 2035  ugasanga bwa butaka tujya tuvuga ntabwo”.

Umwe mu babyeyi bo mu Karere ka Rubavu, utuye muri Nyamyumba yavuze ko impamvu ituma hagaragara igwingira, biterwa nuko usanga abana  baba basa nk’aho ababyeyi babasiga bakiruka mu byo gucuruza bashakisha amafaranga.

Yabagiriye inama yo kubanza gutekereza ku buzima bw’abana. Yanongeyeho ko ariko hanashyizweho irerero abana basigaramo, bikaba bitanga icyizere ko ikibazo cy’igwingira kizahinduka amateka. Ikindi kandi buhoro buhoro bagenda basobanukirwa icyiza cyo kubyara abo umuntu ashoboye kurera, bitabira gahunda yo kuringaniza urubyaro.

Akarere ka Rubavu keramo imboga z’ubwoko butandukanye
Meya w’Akarere ka Rubavu Kambogo Ildephonse asobanura zimwe mu mpamvu zitera igwingira ry’abana, ariko anagaragaza ingamba zihari zo gukemura icyo kibazo
Advertisement
NYIRANEZA Judith

NYIRANEZA Judith

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

February 9, 2023
Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

February 9, 2023
Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

February 8, 2023
Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya 14

Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya 14

February 8, 2023
Gutembera Nyungwe nijoro, ubukerarugendo bushya mu Rwanda

Gutembera Nyungwe nijoro, ubukerarugendo bushya mu Rwanda

February 8, 2023
Abashoferi ba bisi zitwara abagenzi basabwe kwitwararika

Abashoferi ba bisi zitwara abagenzi basabwe kwitwararika

February 8, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

February 9, 2023
Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

February 9, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.