RDC: Abita ku barwayi ba Ebola bigaragambije kubera kudahembwa 

  • KAMALIZA AGNES
  • Kanama 6, 2026
  • Hashize amasaha 2
Image

Abaganga n’abandi bakoraga ibikorwa byo kurwanya icyorezo cya Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bigarambije basaba ko bahembwa imishahara yabo n’uduhimbazamusyi bamaze amezi atatu badahembwa kuva muri Gicurasi 2026, icyo cyorezo cyaduka mu Gihugu.

Iyi myigaragambyo yabereye ku biro bya Guverineri w’Intara ya Ituri, biherereye mu Mujyi wa Bunia mu Burasirazuba bw’icyo Gihugu kuri uyu wa Kane, aho abo bakozi bavuga ko kudahembwa bikomeje kubangamira imibereho yabo n’akazi ntibagakore neza.

Umwe mu bigaragambyaga Edouige Makosi, yabwiye ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters ko inzego zibishinzwe zikwiye kwihutira gahunda yo kubahemba kugira ngo bakomeze ibikorwa byo kwirinda Ebola. Ati: “Niba bakomeje kwitwara gutya ntabwo Ebola izigera irandurwa muri iyi Ntara. Turasaba ubuyobozi gusuzuma ahari ikibazo mu nzego zose bakagikemura byihuse”.

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ntacyo iratangaza kuri iyi myigaragambyo yabaye ariko mu cyumweru gishize yasobanuye ko habayeho ibibazo by’imitegurire n’imitunganyirize yo kubishyura ariko ibizeza ko bigiye gukemuka.

Ikinyamakuru Aljazeera cyatangaje ko icyorezo cya Ebola gikomeje gukwirakwira cyane muri RDC kandi  hari impungenge ko kiza kurushaho gukwira cyane kuko kimaze kwica abarenga 1 800 kuva muri Gicurasi 2026.

Abo bakozi bari kwigaragambya ni abo muri Bunia yihariye 90% by’abarwaye Ebola bose muri RDC, biyongereye ku bandi baheruka guhagarika akazi na bo bigaragambije mu cyumweru gishize basaba guhembwa.

Iyi myigaragambyo ibaye mu gihe imibare ya Leta ya RDC iheruka gutangaza, yagaragaje  ko abantu bamaze kwandura Ebola ari 3 973, muri bo 1 801 bakaba barapfuye.

Imibare ya Leta ya RDC igaragaza ko kandi abarwayi 674 bari mu kato;  abenshi muri bo ni abo mu Ntara ya Ituri kandi hari impungenge z’uko 60% kugeza kuri 70% by’abandura bashya ari abatari mu kato.

Abavuraga abarwaye Ebola muri RDC bigaragambije kubera kudahembwa
  • KAMALIZA AGNES
  • Kanama 6, 2026
  • Hashize amasaha 2
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE