Miss Béligique  2023 yakoze impanuka ikomeye, ata ubwenge

  • MUTETERAZINA SHIFAH
  • Kanama 5, 2026
  • Hashize amasaha 3
Image

Miss Emilie Vansteenkiste wegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Bubiligi mu 2023, yakoze impanuka ikomeye y’imodoka agira ibikomere bikabije ndetse ata ubwenge. Icyakora, we n’umukunzi we Jonas barokotse nubwo bombi bakomeretse.

Amakuru y’iyi mpanuka yatangajwe n’ibitangazamakuru bikomeye byo mu Bubiligi ndetse anasakazwa ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 5 Kanama 2026.

Ni impanuka byatangajwe ko yabaye ku wa 31 Nyakanga 2026, ubwo Emilie na Jonas bari mu modoka yo mu bwoko bwa Volkswagen Beetle, bari kumwe n’abandi mu rugendo berekeza mu Budage.

Aya makuru yemejwe na Ann-Sophie Van Triel, wigeze guhagararira inyungu za Emilie, mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Le Soir.

Yavuze ko mbere y’impanuka, Emilie na Jonas bumvise urusaku rudasanzwe ruva mu modoka yari ibari imbere, bahagarara akanya gato kugira ngo barebe ikibazo cyari cyabaye. Bamaze gukomeza urugendo, indi modoka iza kubagonga.

Asobanura uko byagenze, Ann-Sophie Van Triel yagize ati: “Emilie yahise ata ubwenge. Amaraso yamuvaga mu mazuru no mu kanwa. Jonas yabanje gukeka ko yapfuye, ariko amaze kumu mu modoka yihutiye kugera aho Emilie yari ari, amuha ubutabazi bw’ibanze mu gihe yari ategereje ko abatabazi b’umwuga bahagera.

Kuba na we ari umuganga wakoze mu ishami ryakira indembe (urgence), yari azi neza icyo agomba gukora.”

Abaganga batangaje ko Emilie yagize ikibazo gikomeye ku bwonko cyatumye ata ubwenge, ndetse anavunika igufa ry’izuru. Kugeza ubu ari gukurikiranwa n’abaganga, bakomeje kumwitaho.

Emilie Vansteenkiste yamenyekanye cyane nyuma yo kwegukana ikamba rya Miss Belgique 2023, ari na ryo ryatumye ahagararira u Bubiligi mu marushanwa mpuzamahanga y’ubwiza.

Emilie Vansteenkiste n’umukunzi we Jonas bakoze impanuka ikomeye
  • MUTETERAZINA SHIFAH
  • Kanama 5, 2026
  • Hashize amasaha 3
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE