Gor Mahia yageze ku mukino wa CECAFA Kagame Cup isezereye Al Hilal

  • SHEMA IVAN
  • Kanama 4, 2026
  • Hashize amasaha 2
Image

Gor Mahia yo muri Kenya yageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup iri kubera i Kigali, nyuma yo gusezerera Al Hilal yo muri Sudani iyitsinze Penaliti 8-7 nyuma y’aho amakipe yombi yanganyije igitego 1-1,mu mikino wakinwe iminota 120.

Uyu mukino wa ½ wabereye kuri Kigali Pele Stadium, kuri uyu wa Kabiri, tariki 4 Kanama 2026.

Ni umukino watangiye wegeranye cyane, umupira ukinirwa cyane mu kibuga hagati, bituma n’uburyo bwo kurema igitego buba buke.

Mu minota 20, Al Hilal SC yihariye umupira hagati mu kibuga ikinira cyane mu rubuga rwa Gor Mahia yari yasubiye inyuma.

Ku munota wa 36’ Gor Mahia yabonye igitego cya mbere cyinjijwe na Steven Ebuela witsinze, ku mupira yasubije inyuma nabi uruhukira mu rushundura.

Ku munota wa 44’ Ansumana Samura yishyuriye Al Hilal SC igitego cyo kwishyura ku mupira yatereye mu rubuga rw’amahina, umunyezamu wa Omodi Odhiambo ananirwa kuwukuraho ujya mu izamu.

Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1.

Mu gice cya kabiri, Al Hilal SC yahise ikora impinduka ishyira mu kibuga Haman Madjan ikuramo Salim Adams, kugira ngo yongere imbaraga mu kibuga hagati kuko yarushwaga cyane.

Ku munota wa 54, Al Hilal SC yari ibonye igitego cya kabiri ku mupira Ahmed M’bareck yageranye imbere y’izamu, ariko ananirwa kuwutera mu izamu kugeza Frank Onyango Odiambo akijije izamu.

Iminota 90 yarangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1 hahita hitabazwa iminota 30 kugira ngo hamenyekanye ikipe igera ku mukino wa nyuma.

Ku munota wa 100, Gor Mahia yasigaye ari abakinnyi 10 nyuma y’aho Jackson Mula yeretswe ikarita ya kabiri yavuyemo itukura, ku ikosa yakoreye kuri Hassan Mandjan.

Iyi minota yarangiye amakipe yombi akomeje kunganya bityo hashyirwaho penaliti.

Daniel Macheso Isakari wateye penaliti ya mbere ya Gor Mahia yayihushije, ariko Ernest Nsita Luzolo wateye iya nyuma ya Al Hilal SC, na we arayihusha bisubira ububisi.

Lesley Otieno Owino wa Gor Mahia yahushije indi penaliti ayikubita igiti cy’izamu, ariko umunyezamu wa Al Hilal SC, Soufiane Farid na Musa Hussein Musa Ali bakinana bahusha izindi.

Iy kipe yo muri Kenya yatsinze Penaliti 8-7, igera ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup.

Ku mukino wa nyuma uteganyijwe ku wa Gatanu, tariki ya 7 Kanama 2026, iyi kipe yo muri Kenya izahura n’ikipe ikomeza hagati ya Rayon Sports yo mu Rwanda na Jamus yo muri Sudani y’Epfo.

Ansumana Samura wa Al Hilal SC yakinnye neza mu gice cya mbere
Byari ibyishimo ku bakinnyi ba Gor Mahia nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma
  • SHEMA IVAN
  • Kanama 4, 2026
  • Hashize amasaha 2
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE