Iran yahakanye ibyo kugirana ibiganiro na USA
Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 03 Nyakanga 2026, Iran yatangaje ko nta biganiro iri kugirana na Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), kandi ko nta nama iyo ari yo yose iteganyijwe na Amerika, ivuguruza ibyo Perezida Donald Trump yari yatangaje avuga ko hari ibiganiro by’amahoro bigiye kwitabirwa n’impande zombi.
Ibyatangajwe na Iran bihabanye n’ibyatangajwe na Perezida wa USA Donald Trump, kuko yari yemeje ko impamvu yongeye gusubika kugaba ibitero kuri icyo Gihugu ari uko hari ibiganiro by’amahoro bigiye kongera kubahuza.
Mu mpera z’icyumweru gishize Perezida Trump yavuze ko adashaka gukomeza kwica abantu ahubwo bari gushaka inzira y’imishyikirano kandi ibiganiro bigiye gutangira.
Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran, Esmail Baghaei, yahakanye ibyo Trump yatangaje, avuga ko nta mishyikirano Iran iri kugirana na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kandi ko nta nama iyo ari yo yose iteganyijwe hagati y’impande zombi.
Baghaei yavuze kandi ko Iran idafite gahunda yo kwakira intumwa z’amahanga cyangwa kohereza izayo mu biganiro mu mahanga mu minsi iri imbere.
Yongeyeho ko abari bashinzwe ibyo biganiro bose bari imbere mu gihugu, uretse Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Abbas Araqchi, uri mu rugendo rw’idini ya Islam muri Iraq.
Yasobanuye ko ibiganiro byonyine biri kuba muri iki gihe ari ibyo Iran iri kugirana na Oman ku bijyanye n’imicungire y’umuhora wa Hormuz, inzira y’ingenzi inyuramo amato atwara peteroli n’ibindi bicuruzwa bikenewe ku Isi.
Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters byatangaje ko ubuyobozi bwa Iran bwemeje ko nta biganiro biteganyijwe kandi ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran ,Abbas Araqchi atazaboneka muri iki cyumweru.
Si ubwa mbere Trump yavuguruzwa na Iran ku bijyanye n’ibiganiro hagati y’impande zombi, agatangaza ko ahagaritse kongera kugaba ibitero ariko akarasa hadaciye kabiri.
Kuva intambara yatangira muri Gashyantare uyu mwaka; ku wa 17 Kamena 2026, ni bwo hasinywe amasezerano y’agateganyo yo guhagarika imirwano, hagati ya USA na Iran, agamije guhagarika imirwano ariko ntiyubahirizwa.