10 August 2022
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Perezida Kagame yakiriye itsinda rya YPO ry’Abayobozi Bakuru bakiri bato

04 August 2022 - 08:02
Perezida Kagame yakiriye itsinda rya YPO ry’Abayobozi Bakuru bakiri bato
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatatu, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yakiriye itsinda ry’abayobozi bakuru bahuriye mu Muryango w’Abayobozi bakiri bato 26 (YPO), bari mu Rwanda muri gahunda y’uruzinduko rwiswe: “Gahunda ikorwa rimwe mu buzima”.

Abo bayobozi bakuru bageze mu Rwanda mu ruzinduko rukomeje aho barimo gusura ibihugu 9 byihariye bahura n’abayobozi b’ubucuruzi.

Umuryango YPO watangiye mu mwaka wa 1950, kuri ubu ukaba uhuriwemo n’abanyamuryango basaga 33,000 baturuka mu bihugu 142, aho kuri ubu ubonwa nk’amahirwe mashya yo guhanga imirimo no kwagura inzozi z’abikorera bakiri bato.

Uyu muryango washinzwe n’Umunyamerika w’imyaka 27 y’amavuko Ray Hickok, wisanze ari Umuyobozi w’Ikigo cy’umuryango wabo Hickok Belt nyuma y’urupfu rwa se umubyara. Uyu muryango ushyize imbere gushyigikira urubyiruko rw’abayobozi bakiri bato ku Isi yose.

Inama ya mbere Hickok yayikoranye na Robert Wood Johnson III na we waje kuyobora Ikigo mpuzamahanga gikora imiti n’inkingo Johnson & Johnson, nyuma haboneka n’urundi rubyiruko rwagiye rugaragaza ubushake bwo kwiyunga kuri uwo muryango

Kuri ubu uyu muryango uri mu bigo bikomeye ku Isi kuko uhuza urubyiruko rwahanze akazi gasaga miliyoni 22, bivuze ko ibigo bayoboye bitunze umubare munini w’abatuye Isi mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

Ibigo bihuriye muri uyu muryango bikubiye mu myuga iri mu moko asaga 40 uhereye ku ikoranabuhanga ukagera ku nganda, aho kugira ngo wemererwe kwinjira muri uyu muryango biba bisaba kuba uyoboye ikigo gifite nibura igishoro cya miliyoni 13 z’amayero.

Amafoto: Urugwiro Village

Advertisement
NTAWITONDA Jean Claude

NTAWITONDA Jean Claude

Ntawitonda Jean Claude ni umunyamakuru akaba n'umwanditsi ubimazemo igihe gisaga imyaka 10. Yatangiye gukorana n'ikinyamakuru Imvaho Nshya guhera muri Werurwe 2015. Afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor's Degree) mu bijyanye n'Itangazamakuru n'itumanaho (Ishami ry'Itumanaho) yakuye mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda (UNR), kuri ubu yaje guhinduka Kaminuza y'u Rwanda (UR).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Rwamagana:  Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

Rwamagana: Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

August 10, 2022
USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

August 10, 2022
Ikawa, icyayi, imboga, imbuto n’indabo byinjije amadolari 3,866,583

Ikawa, icyayi, imboga, imbuto n’indabo byinjije amadolari 3,866,583

August 10, 2022
APR FC  izahura na US Monastir, AS Kigali ihure na  ASA Telecom mu mikino y’Afurika

APR FC  izahura na US Monastir, AS Kigali ihure na  ASA Telecom mu mikino y’Afurika

August 10, 2022
Amarushanwa n’ibikorwa bya Siporo u Rwanda rwakiriye byinjije miliyari 30 Frw

Amarushanwa n’ibikorwa bya Siporo u Rwanda rwakiriye byinjije miliyari 30 Frw

August 10, 2022
Alarm Ministries igiye gukora igitaramo kibohora imitima

Alarm Ministries igiye gukora igitaramo kibohora imitima

August 9, 2022
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Rwamagana:  Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

Rwamagana: Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

August 10, 2022
USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

August 10, 2022
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.