Zuchu yatangaje ko yitegura kwibaruka imfura ye

  • MUTETERAZINA SHIFAH
  • Nyakanga 30, 2026
  • Hashize iminota 49
Image

Umuhanzikazi wo muri Tanzania yashyize agaragaza ko yitegura kwibaruka imfura ye, anifuza ko yazaba umwana mwiza. Ni nyuma y’igihe kirekire bivugwa ko yaba yarabyaye imfura ye akaba umwana we na Diamond Platinumz, uwo muhanzikazi yari yabiteye utwatsi avuga ko yatangajwe nuko abantu bavuga ko yabyaye kandi we nk’umubyeyi atazi iby’icyo gikorwa.

Kuri uyu wa Kane tariki 30 Nyakanga 2026, yifashishije imbuga nkoranyambaga ze Zuchu yasangije abamukurikira amafoto amugaragaza atwite avuga ko kuri ubu arimo gufata amafunguro ya babiri aho gufata aye gusa.

Yanditse ati: “Urukundo muri njye rukura buri munsi, kandi ndimo kurya iby’abantu babiri. Nyamuneka uzabe umwana ushishe.”

Iby’uko Zuchu aba yitegura kwibaruka, ubundi bikavugwa ko yibarutse byatangiye kuvugwa mu mpera z’ukwezi kwa Kamena 2026 ubwo havugwaga ko hafashwe amashusho yagaragazaga Zuchu asa n’uhisha inda icyakora icyo Zuchu yirinze kugira icyo abivugaho.

Ni nkuru yakiriwe neza n’abamukurikira biganjemo abazwi mu myidagaduro barimo Jasinta Makwabe, Priscilla Ojo umugore wa Juma Jux, n’abandi bose bamwifuriza ishya n’ihirwe mu rugendo rushya rwo kuba umubyeyi.

Ayo mafoto Zuchu yayasangije abamukurikira nyuma yuko ku wa 12 Nyakanga 2026, yatangaje ko we na Diamond Platnumz batandukanye ndetse batangiye inzira zo gushaka gatanya, nyuma y’imyaka itandatu bari bamaze bakundana.

Zuchu yatangaje ko yitegura kwibaruka imfura ye
  • MUTETERAZINA SHIFAH
  • Nyakanga 30, 2026
  • Hashize iminota 49
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE