RDF yungutse abasirikare bashya (Amafoto)
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zungutse abasirikare bashya bagizwe n’urubyiruko rw’abahungu n’abakobwa, basoje imyitozo y’ibanze bari bamazemo amezi atandatu mu Ishuri ry’Imyitozo ya Gisirikare rya Nasho (BMTC Nasho) giherereye mu Karere ka Kirehe.
Umuhango wo kubinjiza mu ngabo wayobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, witabirwa n’abandi bayobozi bakuru mu nzego z’umutekano.
Ni umuhango wabaye kuri uyu wa 30 Nyakanga 2026. Abinjiye muri RDF
berekanye ubumenyi n’ubushobozi bungukiye mu mahugurwa, birimo gukoresha intwaro neza barasa ku ntego no gukora imyitozo itandukanye ya gisirikare, bagaragaza ko biteguye gukora inshingano batanga ikiguzi icyo ari cyo cyose mu kurinda no gukorera Igihugu.
Gen Mubarakh Muganga yashimiye abo basirikare ku kwihangana, ubwitange n’umurava bagaragaje mu gihe cyose cy’amahugurwa.
Yabakiriye mu muryango mugari wa RDF, anabashishikariza gukoresha ubumenyi bungutse mu kurinda ubusugire bw’u Rwanda no kurinda umutekano w’abarutuye.
Gen Mubarakh Muganga kandi yabibukije inama zatanzwe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, ku rubyiruko rwitabiriye Gahunda y’Indangamirwa yabereye mu Kigo cy’Amahugurwa cya Gabiro giherereye mu Karere ka Gatsibo gukomeza guharanira kubungabunga ururimi rw’Ikinyarwanda, umuco nyarwanda, imigenzo, amahame n’indangagaciro by’u Rwanda, no guhora biteguye guhangana n’icyahungabanya umutekano w’Igihugu.
Yanabakanguriye kwirinda ubunebwe, amacakubiri, imvugo zibiba urwango cyangwa zishyigikira ayo macakubiri, ndetse n’imyitwarire mibi irimo ubusinzi n’ubusambanyi.
Yongeyeho ko amahugurwa barangije ari intangiriro y’urugendo rwabo rwa gisirikare, ashimangira ko bazakomeza guhabwa andi mahugurwa agamije kongera ubumenyi n’ubushobozi bwabo hakurikijwe uko inshingano za RDF zigenda zihinduka.