Mukonya wakiniraga AS Kigali yitabye Imana

  • SHEMA IVAN
  • Nyakanga 6, 2024
  • Hashize umwaka 1
Image

Ahoyikuye Jean Paul uzwi nka Mukonya wa AS Kigali yitabye Imana nyuma yo kugwa mu kibuga agonganye n’umunyezamu akamira ururimi.

İyi nkuru y’akababaro yamenyekanye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 6 Nyakanga 2024.

Amakuru avuga ko uyu mukinnyi yakinaga umupira bisanzwe i Mageragere agongana n’umunyezamu amira ururimi bagerageza kurugarura ariko biranga.

Yahise yihutanwa mu bitaro bya Kigali CHUK ari naho yaje gushiriramo umwuka.

Mukonya yakinaga muri AS Kigali yagiyemo avuye muri Kiyovu Sports nubwo shampiyona ishize atabonye umwanya uhagije wo gukina mu Ikipe y’Umujyi wa Kigali.

  • SHEMA IVAN
  • Nyakanga 6, 2024
  • Hashize umwaka 1
TANGA IGITEKEREZO
Mugenzi Jean Cloude says:
Nyakanga 6, 2024 at 10:05 pm

Nihanganishije Umuryango Wanyakwigendera Ahobarihose Bakomeze Kwihangana Kandinihanganishe Abasiporitifu Bose Ndetse Nabobakinanye Umupira Bakomezekwihangana Kuko Iyi Ni Inkuru Ibabaje Kuko Biteye Agahinda Imana Imwakire Mubayo .

Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE