Miss Nishimwe Naomie ari mu byishimo byo gutwita
Miss Nishimwe Naomie wegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yatangarije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ko ari mu byishimo by’uko Imana yamuhaye umugisha wo gusama inda we n’umugabo we bakaba bitegura kubyara no kwitwa ababyeyi.
Miss Naomie yatangaje ibi yifashishije ubutumwa yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Kanama 2026, buherekeje ifoto imugaragaza atwite agasingiza Imana kuko yasohoje isezerano yabahaye we n’umugabo.
Yanditse ati: “Imana yanjye ni Yahweh, Yesu urakoze kutugira ababyeyi, warakoze gusohoza isezerano no kuduha umugisha w’umwana wacu. Yatangiye gukundwa mu buryo amagambo atabisobanura. Si njye uzarota nkubonye mwana wanjye.”
Muri Nzeri 2025, Miss Naomie yamuritse igitabo yise “More Than a Crown” aho yahishuye ko we n’umugabo we Michael Tesfay, bahuye n’ikigeragezo cy’uko yasamye inda ariko ikaza kuvamo.
Miss Nishimwe yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we Michael Tesfay, ku wa 27 Ukuboza 2024, indi mihango y’ubukwe bwabo iba ku wa 29 Ukuboza 2024.