Minisiteri y’Ibidukikije yashimiye UR yatangije gahunda ya “Mwana Tera Igiti”

  • Imvaho Nshya
  • Ukuboza 4, 2022
  • Hashize imyaka 3
Image

Kaminuza y’u Rwanda “UR” binyuze mu itsinda  ry’abashakashatsi biga  ibijyanye n’Ubuzima bwo mu mutwe n’imyitwarire “Mental Health and Behavior” mu ishami ry’Ubuvuzi “College of Medicine and Health Sciences” batangije gahunda yo gushishikariza abana gutera ibiti mu mushinga “Mwana Tera Igiti” mu rwego gutoza abakiri bato kubungabunga ibidukikije.

Taliki 01 na 02 Ukuboza 2022 ni bwo habaye igikorwa cyo gutera igiti aho cyabereye  muri School of Excellence Imanzi mu Karere ka Huye ahatewe ingemwe z’ibiti 160 ndetse no muri EP Karama mu Murenge wa Busanza, Akarere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali ahatewe  ibiti bisaga 350.

Abana ba EP Karama bari kumwe n’abayeyi babo bakoze iki gikorwa  bari kumwe na Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Mujawamariya Jeanne d’Arc  ndetse n’abandi bayobozi batandukanye  bari baturutse mu Karere ka Kicukiro na UR.

Umwarimu muri UR mu bijyanye n’ibinyabuzima, Dr. Mujawamariya Myriam yatangaje ko iki gikorwa kigamije  kumvisha umwana   akamaro  k’igiti  kandi  agomba kugira uruhare mu gutera cya giti  akanagira uruhare mu kukirera.

Dr. Mujawamariya Myriam

Yakomeje avuga ko u Rwanda  n’ Isi yose muri rusange biri mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe. Ati : “N’abana bato bakwiye gukura na bo bahangana  ndetse banashaka ibisubizo ku mihindagurikire y’ibihe.Twashatse kwereka abana ko na bo bafite icyo bashoboye mu guhangana  n’iki kibazo batera igiti.”

Yakomeje avuga ko ubu batangiriye mu Mujyi wa Kigali ndetse na Huye ariko ubushobozi uko buzagenda buboneka bazakomereza no mu yandi mashuri  mu tundi Turere.

Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Mujawamariya Jeanne d’Arc nyuma yo kwifatanya n’aba bana  ba EP Karama  gutera ingemwe z’ibiti yatangaje ko bashimira UR kuri iyi gahunda batangije kuko yaje yunganira  gahunda igihugu cyihaye yo  gutera ibiti bigera kuri miliyoni 36 muri iki gihembwe.

Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Mujawamariya Jeanne d’Arc ubwo yifatanyaga n’abana biga kuri EP Karama gutera igiti

Agaruka kuri iyi gahunda “Mwana Tera Igiti”   yavuze ko ari nziza cyane kuko aba bana ari  abambasaderi  b’ibidukikije kuko bazashishikariza bagenzi babo aho biga n’aho bataha.

Yakomeje avuga ko umwana wateye igiti azagikurikirana kugeza gikuze yanahava agiye mu mashuri makuru akareba uwo agisigira.

Minisitiri Dr. Mujawamariya yavuze ko ibiti byatewe ari ibya gakondo birimo umuko, umusave, umunyinya n’ibindi kuko ntibinyunyuza amazi mu butaka ahubwo bibobeza ubutaka kandi bikabana neza n’ibindi bihingwa.

Iyi gahunda “Mwana Tera Igiti” yatangijwe ku bufatanye  n’Ikigo gishinzwe Ubushakashatsi ku Rusobe rw’Ibinyabuzima n’Umutungo Kamere “Center of Excellence in Biodiversity and Natural Resource Management (CoEB) n’Ikigo kirengera urusobe rw’ibinyabuzima “Rwanda Wildlife Conservation Association (RWCA)”. Iki gikorwa  cyatewe inkunga n’Umushinga ugamije impinduka mu burezi  mu rwego rw’iterambere ry’ejo hazaza rirambye “Transforming Education for Sustainable Futures (TESF)” ndetse n’ Ikigo cyo guhanga udushya no kwihangira imirimo muri UR.

  • Imvaho Nshya
  • Ukuboza 4, 2022
  • Hashize imyaka 3
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE