Liban: Hezbollah yiyemeje kwihimura ku mwanzi

Umuyobozi wa Hezbollah Hassan Nasrallah yatangaje ko mu mateka ya Liban ari bwo bagabweho igitero gikomeye cyahitanye abantu 37 gikomeretsa abasaga 3000.
Umuyobozi w’itsinda ry’Abashiyite bo muri Liban bafatanya na Hamas yavuze ko baza kwivuna umwanzi, bakamwihimuraho mu buryo buteye ubwoba kandi budasubirwaho.
Ubwo Umuyobozi wa Hezbollah yari kuri televisiyo, mu imbwirwaruhame yarimo gutanga ku ya 19 Nzeri 2024, ingabo za Isiraheli zirwanira mu kirere zarenze imbago zigera hejuru ya Beyrouth zigamije nibura kwica abantu 5 000.
Nibura abantu 37 bahasize ubuzima naho 3 000 barakomereka ubwo utumashini amajana twakoreshejwe na Hezbollah ishyigikiwe na Iran ikaba inafatanya na Hamas yo muri Palesitina twagabaga ibitero muri Liban.
Umuyobozi w’Abashiyite yavuze ko bagiye gukora iperereza.
Umuyobozi wa Hezbollah, avuga ko Isiraheli igaba ibitero kuri Hezbollah igira ngo abaturage baho binubire ibyo bitero kuko bituma abatakaza abantu ndetse n’imitungo yabo, noneho Hezbollah ireke gukomeza gufatanya na Hamas, nk’uko byatangajwe n’umunyamakuru wa Radiyo Mpuzamahanga y’u Bufaransa Paul Khalifeh.
Abakomerekeye muri ibyo bitero n”imiryango yabo nyuma yo kugabwaho ibitero ku wa Kabiri no ku wa Gatatu bagaragaje kunamba ku mutwe wabo Hezbollah ndetse bashyigikiye gahunda yo kwihimura, bakivuna umwanzi ku buryo bukomeye kandi budasubirwaho.
Isiraheli yagabye ibitero ishaka guca intege inzego n’Ubuyobozi za Hezbollah.
Umuyobozi wa Hezbollah Hassan Nasrallah yagize ati: “Nyuma y’ibyo bikomere byose n’ububabare bwose, ndavuga neruye ko ibitambo byose uko byagenda kose, ingaruka izo ari zo zose cyangwa aho akarere kagana, imyigaragambyo yo muri Libani ntizahwema gushyigikira no gutera inkunga abaturage ba Gaza.
Hassan Nasrallah yijeje ko ubuyobozi bukomeza kugenzura nta guhuga, kandi buri maso bunakomeza gukorera hamwe.
