Donald Trump na Joe Biden bemejwe guhagararira amashyaka yabo

Nyuma y’umunsi w’amatora y’ibanze, ku wa Kabiri Werurwe tariki ya 12, cyane cyane muri Géorgie, Joe Biden na Donald Trump babonye umubare w’amajwi uhagije kugira ngo bahagararire amashyaka yabo, bityo bazahanganire mu matora y’Umukuru w’Igihugu wa Leta zunze ubumwe z’Amerika ateganyijwe mu Gushyingo 2024.
Bidashidikanywaho abo bakandida bombi bakuyeho amarushanwa mu guhatanira kandidatire. Ubu byemejwe mu mibare, nk’uko byatangajwe n’umunyamakuru wa Radiyo Mpuzamahanga y’u Bufaransa uri i Miami, David Thomson.
Nyuma yo kwemezwa mu nzego z’ibanze, uhagarariye ishyaka ry’Abarepublika Joe Biden na na Donald Trump uhagarariye Abademokarate, buri wese abona abona yizeye gutorwa nk’umukandida n’ishyaka rye mu matora yo mu Gushyingo mu gihe cy’amasezerano azaba muri iyi mpeshyi, ubwo bazaba batangiye kwiyamamaza nubwo Abanyamerika benshi badashaka kugaruka kw’aba bayobozi.
Ku wa kabiri, Washington, Mississippi na Hawaii batoye, ndetse na Géorgie ifite ingamba zikomeye, kimwe muri ibyo bihugu bizwi cyane byafashe icyemezo cyo gutsinda amatora ya perezida w’Amerika.
Leta yatsinzwe na Donald Trump mu 2016 ariko na Joe Biden muri 2020 yamanutse kugeza ku majwi ari munsi ya 12.000. Aya majwi 12.000 Donald Trump yari yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze kumushakira ibisubizo kugira ngo ahindure ibisubizo kuri telefoni ubu izwi muri Amerika bikaba byaratumye akurikiranwa n’umushinjacyaha wa Atlanta kubera ko yagerageje kurimanganya mu matora mu 2020.
Amezi hafi umunani yo kwiyamamaza
Perezida uriho Joe Biden yarenze ku gipimo gikenewe cy’amajwi 1.968 muri Géorgie. Naho Donald Trump w’imyaka 77, intsinzi ye muri Leta ya Washington yamwemereye kurenga ku gipimo gikenewe cya 1,215 kugira ngo atsinde ishyaka ry’Abarepubulika.
Joe na Trump bombi barimo kwitegura gusubira mu gikorwa nk’icyo mu 2020.
Ati: “Nishimiye ko ihuriro ry’abatoye bahagarariye ishyaka riharanira demokarasi mu gihugu hose bongeye kunyizera kugira ngo kuyobore ishyaka ndetse n’igihugu mu gihe hari iterabwoba riruta iryo mu ikindi gihe cyose ryatewe na Trump.”
Niba kwiyamamaza hakiri kare perezida ucyuye igihe ari ibintu bisanzwe, intsinzi y’uwahoze ari perezida w’Abarepubulike mu matora y’ibanze hafi ya yose kugeza ubu yamwemereye kubona kandidatire hakiri kare, kurusha abakandida benshi batavuga rumwe n’ubutegetsi mu gihe cyo kwiyamamaza.