Amajyaruguru: Abayoboke ba PSD biyemeje gushyigikira ibyagezweho no kurushaho kwiteza imbere

  • Imvaho Nshya
  • Nzeri 25, 2022
  • Hashize imyaka 3
Image

Ishyaka Riharanira  Demokarasi n’Imibereho myiza y’abaturage “PSD” rirasaba  abarwanashyaka baryo bo mu ntara y’Amajyaruguru gushyigikira ibyagezweho baharanira kwiteza imbere.

Ibi ni bimwe mu  byagarutsweho mu nama y’Ishyaka rya PSD mu Ntara y’Amajyaruguru aho Visi Perezida wa mbere, Hon. Muhakwa Valens yasabye Abarwanashyaka  ko bakwiye kubyaza umusaruro amahirwe agaragara muri iyi Ntara y’Amajyaruguru.

 Yagize ati: “Ubukungu bw’igihugu  bushingiye ku Banyarwanda, demokarasi yacu ishingiye ku kuba ikiremwamuntu aricyo gifite ishingiro ry’igihugu,  ubwo rero ntabwo twavuga ngo igihugu kiratera imbere  ya mahirwe igihugu cyashizeho atabyazwa umusaruro  ,  niba cyarashizeho ibikorwaremezo, umutekano ukaba uhamye  nabo  bakwiye gukomeza kugira  uruhare mu iterambere ry’igihugu babyaza umusaruro ayo mahirwe .”

Bamwe mu barwanashyaka ba PSD bavuga ko ibi biganiro byabakanguye bityo bakaba bagiye gutangira kwiga imishinga yazamura imibereho yabo.

Uwitwa Uwera Dathive yagize ati: “Narushijeho gusobanukirwa ko umuntu ashobora kwiteza  imbere biturutse  mu bitekerezo bye. Ushobora gukora umushinga  ukaba wawugurisha kuko hari ibigo byinshi biba bikeneye imishinga icyo gihe iyo uyitanze ushobora kwiteza imbere.”

Uwayezu Laurien nawe yagize ati: “Ibi biganiro  nabyungukiyemo byinshi kuko byongeye kunkangura menya neza imigambi shingiro n’amatwara ya PSD. Byatumye kandi  menya neza ko tugomba guharanira iterambere n’imibereho myiza muri rusange, ibi ngiye kubisangiza abandi barwanashyaka bo mu Karere nturukamo.”

Muri iyi nama  hanakozwe amatora yo gusimbura bamwe mu bayobozi bahawe izindi nshingano. Hon. Muhakwa Valens wahoze ari Perezida wa PSD mu Ntara y’Amajyaruguru  akaza kugirwa Visi Perezida w’iri shyaka ku rwego rw’igihugu, yasimbuwe na Hitimana Jean wari ushinzwe imyitwarire y’abarwanashyaka ku rwego rw’igihugu.

Hitimana Jean watorewe kuyobora ishyaka PSD mu Ntara y’Amajyaruguru

Hitimana Jean kuri uwo mwanya yari ariho yasimbuwe na Uwera Dathive  uvuga ko aje gushimangira ibyakozwe na bagenzi babo babanjirije .

Ishyaka PSD rirasaba abanyamuryango baryo gukomeza guharanira kugera ku ntego yaryo y’ubutabera, ubwisungane n’Amajyambere.

  • Imvaho Nshya
  • Nzeri 25, 2022
  • Hashize imyaka 3
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE