Abasenateri 2 b’u Rwanda batorewe kuruhagararira muri PAP

  • NYIRANEZA JUDITH
  • Ukwakira 22, 2024
  • Hashize amezi 10
Image

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 22 Ukwakira 2024, Inteko Ishinga Amategeko Umutwe wa Sena watoye Abasenateri 2 bahagarariye u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko Nyafurika (PAP).

Abo batowe ni Senateri Bideri John Bonds na Senateri Uwera Pélagie bongeye guhagararira u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko Nyafurika.

Aba basenateri bombi bari basanzwe muri iyi Nteko Ishinga Amategeko, bahamya ko muri manda ishize barushijeho gushyira imbere gahunda zifitiye inyungu u Rwanda ndetse biteguye gukomeza guharanira ko Umugabane w’Afurika urushaho kuba umwe binyuze muri iyi Nteko.

Bombi baje biyongera ku Badepite 3 batowe ku wa Mbere tariki ya 21 Ukwakira 2024 ari bo Depite Wibabara Jennifer, Depite Bitunguramye Diogene na Tumukunde Aimée Marie Ange. Bityo bakaba 5 bahagarariye u Rwanda muri PAP.

Buri gihugu gihagararirwa n’Abadepite batanu baturuka mu mitwe ya politiki itandukanye ifite imyanya mu Nteko Ishinga Amategeko, kandi muri bo umwe akaba ari umugore.

PAP igizwe n’Abadepite 275 bahagarariye ibihugu bigize Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe, byemeje burundu Amasezerano ashyiraho iyo Nteko Ishinga Amategeko.

Senateri Uwera Pélagie yongeye gutorerwa guhagararira u Rwanda muri PAP
Senateri Bideri John Bonds na we yongeye guhagararira u Rwanda muri PAP
Uko ari batanu ni bo bahagarariye u Rwanda muri PAP
  • NYIRANEZA JUDITH
  • Ukwakira 22, 2024
  • Hashize amezi 10
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE