Abapolisi 11 bishwe n’igitero cyagabwe ku kigo cyabo muri Pakistan
Igico cy’abagizi ba nabi cyagabye igitero ku kigo cya polisi kiri mu Ntara ya Khyber Pakhtunkhwa, iri mu Majyaruguru y’Uburengerazuba bwa Pakistan, gihitana nibura abapolisi 11, abandi 28 barakomereka nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Aljazeera.
Polisi yo muri icyo Gihugu yatangaje ko icyo gitero cyagabwe mu ijoro ryo ku wa 29 Nyakanga 2026, mu karere ka Hangu kegereye umupaka wa Afghanistan aho abakigabye babanje gukoresha utudege duto tutagira abapilote.
Inzego z’umutekano zarwanye n’abagabye igitero mu mirwano yamaze amasaha menshi, zica abarwanyi 15. Umuyobozi wa Polisi muri ako karere, Mujahid Hussain, yavuze ko abagabye igitero batwitse imodoka eshatu za polisi, banatwara indi modoka imwe ya polisi.
Kugeza ubu nta mutwe n’umwe urigamba icyo gitero cyabaye hashize iminsi mike habaye ikindi cy’ubwiyahuzi cyibasiye abasirikare ba Pakistan mu karere ka Tank, cyigambwe n’umutwe wa Tehrik-e-Taliban Pakistan (TTP).