Hatangijwe ku mugaragaro ikipe y’imikino ngororangingo muri “The Champions Sports Academy”

  • NTAWITONDA JEAN CLAUDE
  • Gicurasi 29, 2023
  • Hashize imyaka 2
Image

Ishuri ryigisha imikino itandukanye “The Champions  Sports  Academy” ku bufatanye n’ishyiramwe y’imikino ngororangingo mu  Rwanda “FERWAGY” ryatangije ku mugararo ikipe y’imikino ngororangingo.

Ku wa Gatandatu, taliki 27 Gicurasi 2023  aho iri shuri rikorera  ahahoze ari Sports View Hotel i Remera habereye  igikorwa cyo kuzamura mu ntera abakinnyi  no gutangiza ku mugaragaro  ikipe y’imikino ngororangingo “Gymnastics”.

Aba bana bari bamaze umwaka bakina iyi mikino berekanye intera bagezeho ndetse abitwaye neza bahabwa imidali.

Umwe mu babyeyi wari witabiriye iyi gahunda, Cyusa Mucyowiraba Leandre yatangaje ko icyari kigoye ari ukumenya ahantu bigisha imikino ngororangingo ku buryo bwizewe ndetse  hanafite umutekano ku buryo wahasiga umwana ukizera ko nta kibazo yagira.

Cyusa Mucyowiraba Leandre

Yakomeje avuga ko iyi gahunda yafashije abana cyane muri gahunda zabo za buri munsi kuko byatumye bahindura imyitwarire. Ati: “ Byatumye bagira  imyitwarire  myiza ku giti cyabo, umwana arabyuka akamenya ko agomba kunywa amazi kuko ari meza ku mbiri we, ikindi  bamenye ko bagomba gukora siporo kuko ari ingenzi.”

Perezida wa FERWAGY, Nzabanterura Eugene yashimiye “The Champions  Sports  Academy” kuba barashyize “Gymnastics”  mu mikino batoza abana kuko buriya ari umusingi w’izindi siporo.

Perezida wa FERWAGY, Nzabanterura Eugene

Yakomeje avuga ko babyishimiye kuko iyi ari indi kipe bungutse kandi igizwe n’abakiri bato kuko uyu mukino abawukina batangira bakiri bato.

Ati : “ Batangiye gutozwa iby’ibanze kandi turizera ko bazagenda bazamura urwego rwabo.”

Nzabanterura yavuze ko  bagiye gufasha “The Champions  Sports  Academy” mu guhugura abatoza bayo kugira ngo bunguke ubumenyi nabo babuhe abana batoza kandi ko  aba bana bagomba gushakirwa amarushanwa kugira ngo bazagere ku rwego rwiza.

Umuyobozi wa  “The Champions  Sports  Academy”, Nkuranyabahizi Noel yatangaje ko imikino ngororangingo “Gymnastics”  isanzwe iri mu mikino batoza abana. Yakomeje avuga ko n’ubwo bafunguye iyi gahunda ku mugaragaro abana bari bamaze umwaka bitoza iyi mikino.

Umuyobozi wa  “The Champions  Sports  Academy”, Nkuranyabahizi Noel

Nkuranyabahizi akomeza avuga ko bagomba gukomeza gukorana n’ishyirahamwe ry’uyu mukino ndetse n’indi yose kugira ngo  n’abana bajye bisanzura mu mukino bashaka.

Kuri ubu muri “Gymnastics”   bafite abana bagera kuri 35 mu bakobwa n’abahungu.

Kuva  muri 2017, Nkuranyabahizi Noel usanzwe ari umutoza mukuru   w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda  ya Karate yatangije ishuri ryigisha abana bari hagati y’imyaka 4 na 17  imikino itandukanye  “The Champions Sports  Academy”. Iri shuri ryatangiriye ahahoze ari Sports View Hotel i Remera ariko ryafunguye amashami hirya no hino  nko muri Club House La Palisse i Nyandungu, i Nyanza ndetse n’i Bugesera mu Murenge wa Ntarama muri “Gasore Serge Foundation”.

Abana bakina indi mikino itandukanye irimo Karate, Badminton, Sports Chanbara, imikino ngororangingo “Gymnastics”, kubyina bya Kinyarwanda ndetse hakaba hari na gahunda yo kongeramo indi mikino nk’umupira w’amaguru n’iyindi.

  • NTAWITONDA JEAN CLAUDE
  • Gicurasi 29, 2023
  • Hashize imyaka 2
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE