01 April 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Kigali: Ibigo binyuranye byakanguriwe gukoresha indango “.rw” kuri murandasi

17 March 2023 - 22:46
Kigali: Ibigo binyuranye byakanguriwe gukoresha indango “.rw” kuri murandasi
Share on FacebookShare on Twitter

Abahagarariye ibigo binyuranye by’ubucuruzi, imiryango idaharanira inyungu n’ibigo bya Leta bagaragarijwe ko gukoresha  indango y’u Rwanda “AkadomoRw (.rw) kuri murandasi bifite uruhare mu kumenyakanisha ibyo bakora no  kuzamura ubukungu bw’Igihugu.

Babisobanuriwe mu nama yabereye   i Kigali uyu munsi ku wa 17 Werurwe 2023, yateguwe n’Ikigo RICTA gishinzwe gucunga no guteza imbere indango y’igihugu kuri murandasi “AkadomoRW (.rw)” ku bufatanye na Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo n’Urwego  Ngenzuramikorere (RURA).

Ni mu gihe bigaragara ko ubwitabire mu  gukoresha iriya ndago bukiri hasi.   

Hari abavuga ko bamenyereye gukoresha izo mu bindi bihugu nka “.com”, “.net” bumva ko ari zo zikoreshwa henshi ku isi zatuma bamenyekana, abandi bafite impungenge ku mutekano wo gukoresha “.rw”, banibaza niba irenga  imbibi z’u Rwanda.

Umwe mu bitabiriye ibiganiro ati: “Impungenge twagiye tugira kuri iyi ndangarubuga (indango) zirebana n’umutekano, ese urizewe? Tukibaza niba urubuga ruyifite kurwinjiramo byoroha;  bidafata igihe kinini, ubundi tukumva ko uyikoresheje adashobora kumenyekana nk’uwakoresheje ziriya dusanzwe tumenyereye”.

Karamuzi James ushinzwe ibijyanye n’imikoreshereze y’ikoranabuhanga mu bigo bya Leta muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, yavuze ko indango “.rw” ituma izina ry’ikigo rimenyekana hirya no hino ku isi bikanagira uruhare mu guteza imbere Ibikorerwa mu Rwanda (Made in Rwanda).

Karamuzi James ushinzwe ibijyanye n’imikoreshereze y’ikoranabuhanga mu bigo bya Leta muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo

Ati: “ Iyi ndango irenga imipaka y’u Rwanda, ifite agaciro, ituma tumenyekana birenze aho turi, tukamenyekana ku isi hose. Nta cyo bidutwaye nta n’igihombo kuba ubucuruzi bwacu, ibikorwa byacu  bifite .rw, biba bifatiye ku Gihugu cyacu”.

Avuga ko kuba Abanyarwanda bakwitabira gukoresha indango  y’Igihugu cyabo ari n’umusanzu baba batanze mu  kucyubaka.

Ashingiye ku  mibare y’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) yerekana ko ibigo bigera ku bihumbi 60 bikoresha  indango ya “.com”, “.net”  n’izindi kandi zigurwa (hari izigurwa amadolari 20 na  15, “.rw” yo ikagurwa amadolari 10 ku mwaka), yavuze ko bigaragaza ko hari amafaranga menshi arenga imbibi z’u Rwanda akishyurwa abanyamahanga.

Ati: “ Twebwe ubwacu turimo kwihombya, ayo mafaranga yakabaye aguma mu Gihugu akagira ibintu runaka akora by’iterambere, akazamura ubukungu”.

Ku bijyanye n’umutekano w’amazina y’ibigo, Karamuzi yasobanuye ko kuyandikisha  bituma arindwa kandi mu gihe havutse ikibazo umuntu yamenya aho abariza ku buryo bworoshye.

Bamwe mu bitabiriye ibi biganiro bavuze ko hari ibyo bungutse mu mikoreshereze ya “.rw”.

Uwitwa Muhire Leonidas ati: “Twasanze iyi ndangarubuga izamura isura y’u Rwanda kuri internet mu kurumenyekanisha, kuzamura ishoramari mu gihugu ndetse no kuzamura umutekano w’imbuga za murandasi mu Rwanda”.

Karegeya Geoffrey umukozi ushinzwe iterambere muri RICTA,  yavuze ko bakomeje ubukangurambaga ku  gukoresha “.rw” kugira ngo Abanyarwanda barusheho kubyitabira.

Karegeya Geoffrey umukozi ushinzwe iterambere muri RICTA

Nk’uko yabigarutseho, kugeza ubu ibigo bimaze kuyiyandikishaho bigera ku bihumbi 7.

Advertisement
TUMUKUNDE Georgine

TUMUKUNDE Georgine

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

March 31, 2023
Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

March 31, 2023
Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

March 31, 2023
Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

March 31, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.