28 September 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Mu Rwanda,  amadini  n’amatorero yasabwe gukangurira abayoboke gukingiza abana COVID-19

23 September 2022 - 07:37
Mu Rwanda,  amadini  n’amatorero yasabwe gukangurira abayoboke gukingiza abana COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamadini n’amatorero basabwe kugira uruhare muri gahunda yo gukingira abana  bari hagati y’imyaka 5 na 11 icyorezo cya COVID-19, bagakangurira abayoboke babo gukingiza abana.

Biteganyijwe ko  izatangirana n’ukwezi gutaha kw’Ukwakira,  mu Gihugu hose hazakingirwa abana basaga miliyoni 2 n’ibihumbi 300 kugeza muri Kamena 2023.  

Abana bazahabwa doze ebyiri, iya kabiri bayifata nyuma y’ibyumweru bine kugeza ku munani  bahawe iya mbere. Abana bazakingirirwa ku mashuri yabo, ariko ababyeyi babo bazabanza kuzuza no gusinya inyandiko zateguwe zijyanye n’inkingo.

Mu nama yabereye i Kigali ku wa 22 Nzeri 2022, yahuje  Minisiteri y’Ubuzima n’abahagarariye amadini n’amatorero, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima Dr Mpunga Tharcisse, yasobanuye ko mu gukingira hazakoreshwa inkingo zihariye z’abana (zo mu bwoko bwa Pfizer) zitandukanye n’iz’abantu bakuru.

 Yavuze ko  zakorewe ubushakashatsi n’ibihugu bimwe bimaze kuzikoresha, anaboneraho gusaba abantu kwirinda ibihuha bigenda bivugwa ku nkingo. Asanga ababyeyi badakwiye kuzigiraho  impungenge, ahubwo bazitabira  nk’uko bitabira izindi nkingo zisanzwe zitangwa, zihabwa abana bakivuka.

Ati: “Gukingira ni ukurinda kurwara ntabwo ari ukuvura, umwana uvutse mu Rwanda akingirwa akivuka kugeza agize imyaka ibiri, ahabwa inkingo  zigera muri 14, izo zose tuzimuha atarwaye ahubwo ni ukugira ngo tumufashe kubona ubudahangarwa buzatuma ahangana na virusi ziri hanze aha ngaha”.

Dr Mpunga yakomeje avuga ko  baganiriye n’abanyamadini n’amatorero kugira ngo bageze ubu butumwa ku bayoboke babo babereke ibyiza by’iyi gahunda, ndetse banamenye ko COVID-19 ishobora gutuma umwana aremba igihe atakingiwe.

Ati: “Twasabye  abanyamadini n’amatorero kugira uruhare mu bukangurambaga kuko ijambo ryabo rigera kuri benshi kuko Abanyarwanda bagiye bafite aho bahurira n’ayo madini n’amatorero. Iyo dufatanyije na bo ubutumwa bugera kuri bose kandi vuba. Icyo tubatezeho ni ukudufasha kugeza ubutumwa ku bakirisitu babo kugira ngo bumve ko iyi gahunda turimo  ari iyabo”.

Sheikh Salim Hitimana Mufti w’u Rwanda, yavuze ko nk’uko babikoze icyorezo cya COVID-19 kigitangira kugaragara n’ubu biteguye gutanga ubutumwa bujyanye no gusobanurira no gushishikariza abantu kwitabira iyi gahunda yo gukingiza abana kuko ari ukubategurira ejo hazaza heza.

Abitabiriye inama bavuze ko bakwiye no kuba icyitegererezo, gukingira bigatangirira mu miryango yabo.

MINISANTE ivuga ko umwana wakingiwe n’ubwo atari bose ashobora kugira ibimenyetso nyuma yo gukingirwa ariko ababyeyi bidakwiye kubahangayikisha kuko no ku zindi nkingo hari abashobora kugira umuriro mukeya, kubabara aho bakingiwe cyangwa gucika intege.

Advertisement
NTAWITONDA Jean Claude

NTAWITONDA Jean Claude

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Gen (Rtd) Kabarebe yahawe inshingano muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga

September 27, 2023

COVID 19 yatweretse ko dufite intege nke mu buvuzi- Dr. Sabin

September 27, 2023

Abagore n’abakobwa bageze kuri 23% muri Polisi y’u Rwanda

September 27, 2023

U Rwanda rwahembewe kwimakaza umutekano wo mu muhanda

September 27, 2023

Iraq: Abarenga 100 bishwe n’inkongi yibasiye inzu yaberagamo ubukwe

September 27, 2023

Menya indirimbo nshya ya Gahongayire n’uko Imana yamugize ubuhamya bugenda

September 27, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Gen (Rtd) Kabarebe yahawe inshingano muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga

September 27, 2023

COVID 19 yatweretse ko dufite intege nke mu buvuzi- Dr. Sabin

September 27, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.