Abimukira 34 bapfuye bambuka umupaka ngo binjire muri Esipanye

  • KAMALIZA AGNES
  • Nyakanga 31, 2026
  • Hashize amasaha 3
Image

Abimukira 34 bapfuye bishwe n’umubyigano abandi bararohama nyuma yuko bageragezaga kwambuka umupaka ngo bajye i Burayi binjiriye mu mujyi wa Ceuta muri Espagne bavuye muri Maroc muri Afurika.

Kuri uyu wa Gatanu, Aljazeera yatangaje ko abo bimukira bambutse mu ijoro rishyira ku wa 31 Nyakanga 2026, kandi bapfuye nyuma y’umunsi umwe gusa ubuyobozi bwa Ceuta butangaje ko hagati y’abimukira 60 000 binjiye muri uwo mujyi mu masaha 24 ashize.

Umuyobozi w’ihuriro ry’abakozi barinda umupaka, (Civil Guard), Rachid Sbihi, mu kiganiro yagiranye n’Ibiro Ntaramakuru, Associated Press yavuze ko abapfiriye mu mubyigano baguye ku mupaka wa Tarajal Beach kandi ari ikibazo gikomeye kiri gutuma ubuzima bw’abantu butikira.

Umuyobozi w’akarere ka Ceuta, Jesus Vivas yatangaje ko ako gace kashyizwe mu bihe bidasanzwe, asaba Guverinoma ya Espagne kohereza ingabo kugira ngo zifashe kugenzura umupaka.

Amashusho yafashwe bamwe mu  bimukira ku wa 30 Nyakanga 2026, ubwo bageragezaga kwinjira muri Ceuta yabagaragaje basakuza bagira bati  “Harakabaho Espagne.”

Umujyi wa Ceuta na Melilla ni imijyi yigenga muri Espagne ikaba iherereye ku butaka buri muri Afurika y’Amajyaruguru; utwo duce tukaba twari dusanzwe twometse kuri Afurika ariko kubera ubutegetsi bwa gikoloni twaje kuba utwa Espagne.

  • KAMALIZA AGNES
  • Nyakanga 31, 2026
  • Hashize amasaha 3
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE