10 August 2022
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

EXPO2022: Mu myaka 25 ishize y’Imurikagurisha, abamurika bariyongereye

05 August 2022 - 20:28
EXPO2022: Mu myaka 25 ishize y’Imurikagurisha, abamurika bariyongereye
Share on FacebookShare on Twitter

Imyaka 25 irihiritse mu Rwanda habera imurikagurisha mpuzamahanga buri uko umwaka utashye. Polisi y’igihugu yatangaje ko kuba haragiye hakazwa umutekano, ari byo byatumye imurikagurisha mpuzamahanga rikomeza kuba.

Ni mu gihe Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) ruvuga ko uyu mwaka ari bwo bwa mbere abamurika babaye benshi kuko bagera muri 500.

Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome, Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), asobanura ko imurikagurisha mpuzamahanga ribaho kugira ngo bamenye ibikorwa mu bucuruzi butandukanye aho bigeze.

Yabigarutseho kuri uyu wa Kane taliki 04 Kanama 2022, ubwo yafunguraga ku mugaragaro imurikagurisha mpuzamahanga ririmo kubera i Gikondo.

Ni imurikagurisha ririmo kwizihiza imyaka 25 ishize ritangiye kuba.

Minisitiri Dr Ngabitsinze asobanura impamvu imurikagurisha mpuzamahanga riba. Ati: “Imurikagurisha ribaho kugira ngo abantu bamenye ibikorwa mu bucuruzi butandukanye.

Minisitiri Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome ari kumwe n’inzego zitandukanye basuye bamwe mu bitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga (Foto Kayitare J.Paul)

Harimo ibijyanye n’ubucuruzi muri rusange ndetse n’inganda noneho hakazamo n’abanyamahanga kugira ngo na rya shoramari dukurura rigere ahangaha”.

Umunyemari Sina Gerard wita ku gushyira ku isoko ibikorerwa mu Rwanda, avuga ko hari intambwe imaze guterwa akurikije uko imurikagurisha mpuzamahanga ryatangiye.

Yagize ati: “Nkurikije uko twatangiye tumurika muri St Andrée uko byari bimeze n’aho tugeze aha, tugeze ahantu hashimishije”.

Ahamya ko kwitabira imurikagurisha harimo ubwenge bwinshi kuko ngo ari ahantu hahurira abashoramari banyuranye bakungurana inama.

Sina avuga ko Urugaga rw’Abikorera ari urugaga Abikorera bibonamo kuko na we ngo hari aho yavuye, hari n’aho ageze.

Ubuyobozi bwa PSF buvuga ko imurikagurisha mpuzamahanga rya mbere ryatangiye mu 1998, ryitabirwa n’Abanyarwanda bamurika 140 mu gihe abanyamahanga bari 29.

Mu nyandiko Imvaho Nshya ifitiye kopi, igaragaza ko umwaka ushize wa 2021, Abanyarwanda bitabiriye imurikagurisha bari 296 mu gihe abanyamahanga bari 67, rigasurwa n’abantu 47,565.

Mu bitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga, harimo ibigo bya Leta aho bisobanurira ababigana serivisi bitanga.

Ibyo bigo birimo Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, NAEB, RSSB n’ibindi hakiyongeraho na za Minisiteri by’umwihariko iy’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM).

Umunyemari Sina Gerard yagaragaje ko hari intambwe imaze guterwa kuva Imurikagurisha Mpuzamahanga ryatangira (Foto Kayitare J.Paul)
Minisitiri Dr Ngabitsinze yasobanuye impamvu y’imurikagurisha Mpuzamahanga (Foto Kayitare J.Paul)
Bafakulera Robert, Perezida wa PSF mu Rwanda, yatangaje ko Imurikagurisha ry’uyu mwaka ryitabiriwe n’abamurika benshi kuva ryabaho (Foto Kayitare J.Paul)
Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB rwitabiriye Expo2022, rwasobanuye serivisi rutanga (Foto Kayitare J.Paul)
Imibare igaragaza uko abitabira imurikagurisha mpuzamahanga ribera mu Rwanda kuva mu 1998 kugeza mu 2021 (Source PSF Rwanda)
Advertisement
KAYITARE Jean Paul

KAYITARE Jean Paul

Kayitare Jean Paul ni umunyamakuru utara inkuru ubimazemo imyaka 13. Yatangiye gukorana n’ikinyamakuru Imvaho Nshya guhera muri Nyakanga 2016. Afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor’s Degree) mu bijyanye n’Ububanyi Mpuzamahanga (International Relations) yakuye muri Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Rwamagana:  Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

Rwamagana: Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

August 10, 2022
USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

August 10, 2022
Ikawa, icyayi, imboga, imbuto n’indabo byinjije amadolari 3,866,583

Ikawa, icyayi, imboga, imbuto n’indabo byinjije amadolari 3,866,583

August 10, 2022
APR FC  izahura na US Monastir, AS Kigali ihure na  ASA Telecom mu mikino y’Afurika

APR FC  izahura na US Monastir, AS Kigali ihure na  ASA Telecom mu mikino y’Afurika

August 10, 2022
Amarushanwa n’ibikorwa bya Siporo u Rwanda rwakiriye byinjije miliyari 30 Frw

Amarushanwa n’ibikorwa bya Siporo u Rwanda rwakiriye byinjije miliyari 30 Frw

August 10, 2022
Alarm Ministries igiye gukora igitaramo kibohora imitima

Alarm Ministries igiye gukora igitaramo kibohora imitima

August 9, 2022
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Rwamagana:  Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

Rwamagana: Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

August 10, 2022
USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

August 10, 2022
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.