10 August 2022
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Amateka y’Umuganura n’uko wagaruwe na Leta y’u Rwanda nyuma y’imyaka 86

03 August 2022 - 07:00
Amateka y’Umuganura n’uko wagaruwe na Leta y’u Rwanda nyuma y’imyaka 86
Share on FacebookShare on Twitter

Mu myemerere y’Abakurambere bacu, buri Munyarwanda avukira kubaka u Rwanda no kururinda, bigatuma mu Nzira y’Umuganura buri wese abona uko ahigira igihugu icyo azakimarira.

Umunsi mukuru w’Umuganura warangwaga n’ibintu bibiri by’ingenzi birimo kwishimira ibyagezweho no guhamya ingamba z’igihe kirekire.

Muri ibyo bihe kandi by’Umuganura, hashimwaga abakoze neza kurusha abandi, ndetse bakanabihemberwa (inka y’ubumanzi ku besheje imihigo mu buryo budashyikirwa) abandi na bo bagasuzuma impamvu yaba yaratumye badatera imbere uko babyifuzaga, bagafata ibyemezo bigamije kugera ku musaruro ushimishije umwaka ukurikiyeho.

Ijambo Umuganura rikomoka ku nshinga ‘Kuganura’ ifite inshoza yo kunywa cyangwa kurya ku musaruro bwa mbere.

Uwo musaruro umuntu yashoboraga kuwusangiza abandi baba abavandimwe, inshuti n’abaturanyi icyo gikorwa kikitwa ‘kuganuza’.

Kuganuza ntibyabaga mu muryango gusa, ahubwo byari n’umugenzo ukomeye wabaga mu mihango y’Umuganura uhereye ibwami.

Umwami yaganuraga ku mbuto zeze mu gihugu, na we akaganuza umuryango we n’abatware babaga bari ibwami kandi akabaha ububasha n’imbuto ngo na bo bajye kuganuza imiryango yabo n’abo bayobora.

Mu miryango na bo baraganuzanyaga, umuturanyi akamenya undi, inshuti zikaganuzanya.

Cyaraziraga kugira uwo uheza cyangwa wima muri iyo mihango y’Umuganura, hakabaho kuzirikana uwo ari we wese utaragize umusaruro bitewe n’impamvu zitandukanye zirimo ibiza, kurumbya, uburwayi n’ibindi.

Muri make, kwizihiza Umuganura wari umwanya wo gusabana kw’abayobora n’abayoborwa, inshuti n’abavandimwe, uwejeje n’utarejeje, bikagaragaza ubufatanye n’ubumwe bw’abagize umuryango nyarwanda.

Umuganura wari umunsi mukuru ngarukamwaka wubahwaga kandi ugahabwa agaciro ibwami no mu muryango w’Abanyarwanda.

Umuganura watangiye kwizihizwa mu Rwanda ku Ngoma ya Gihanga Ngomijana mu kinyejana cya 11, hanyuma uza kongera guhabwa imbaraga na Ruganzu II Ndoli (1510- 1543) ubwo yabohoraga u Rwanda nyuma y’imyaka irenga cumi n’umwe (11) ruri mu maboko y’abanyamahanga (Abanyabungo) bari barakuyeho imihango yose ikomeye mu Rwanda.

Imihango y’Umuganura ari yo yitwaga inzira y’Umuganura yafataga umwanya muremure mu buzima bw’Abanyarwanda.

Iyo mihango yatangiraga muri Kanama igatangizwa no kwaka amasuka ibwami, hagakurikiraho guturutsa imbuto muri Nzeri, uyu muhango ugakurikirwa no kujyana umurorano (uburo n’amasaka byabaga bigenewe kuzavamo umutsima w’Umuganura) ibwami muri Mutarama.

Mu mboneko za Gashyantare hakurikiragaho kujya kuzana igitenga (igiseke kinini cyane bashyiragamo imyaka izakoreshwa mu kuganura) ibwami. Kwakira imyaka, gusya, kuvuga umutsima, byabanzirizaga umuhango nyirizina.

Buri mutware yahabwaga ibyuhagiro byo guha umugisha inka, imirima n’abantu yayoboraga, na we akajya gucyura ibirori by’Umuganura.

Umuganura waciwe n’abakoloni mu mwaka wa 1925, ariko wongera gusubizwa agaciro na Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda mu 2011.

Kuva ubwo kugeza ubu, uko umwaka utashye u Rwanda rwizihiza Umunsi Mukuru w’Umuganura, ukizihizwa ku rwego rw’Igihugu no mu miryango y’Abanyarwanda bari mu gihugu no mu mahanga.

Advertisement
KAYITARE Jean Paul

KAYITARE Jean Paul

Kayitare Jean Paul ni umunyamakuru utara inkuru ubimazemo imyaka 13. Yatangiye gukorana n’ikinyamakuru Imvaho Nshya guhera muri Nyakanga 2016. Afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor’s Degree) mu bijyanye n’Ububanyi Mpuzamahanga (International Relations) yakuye muri Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Rwamagana:  Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

Rwamagana: Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

August 10, 2022
USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

August 10, 2022
Ikawa, icyayi, imboga, imbuto n’indabo byinjije amadolari 3,866,583

Ikawa, icyayi, imboga, imbuto n’indabo byinjije amadolari 3,866,583

August 10, 2022
APR FC  izahura na US Monastir, AS Kigali ihure na  ASA Telecom mu mikino y’Afurika

APR FC  izahura na US Monastir, AS Kigali ihure na  ASA Telecom mu mikino y’Afurika

August 10, 2022
Amarushanwa n’ibikorwa bya Siporo u Rwanda rwakiriye byinjije miliyari 30 Frw

Amarushanwa n’ibikorwa bya Siporo u Rwanda rwakiriye byinjije miliyari 30 Frw

August 10, 2022
Alarm Ministries igiye gukora igitaramo kibohora imitima

Alarm Ministries igiye gukora igitaramo kibohora imitima

August 9, 2022
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Rwamagana:  Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

Rwamagana: Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

August 10, 2022
USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

August 10, 2022
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.