10 August 2022
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Abantu bafite ubumuga 12 bigishijwe gukina  Wheelchair Tennis

30 July 2022 - 21:53
Abantu bafite ubumuga 12  bigishijwe gukina  Wheelchair Tennis
Share on FacebookShare on Twitter

Ku bufatanye bw’ishyirahamwe y’umukino wa Tennis mu Rwanda “RTF” n’ishyirahamwe mpuzamahanga ry’uyu mukino ku Isi “ITF”  hateguwe imyitozo y’iminsi 5 ku mukino wa Tennis mu cyiciro cy’abantu bafite ubumuga bakina bicaye mu tugare “Rwanda Wheelchair Tennis Clinic 2022”.

Iyi myitozo yabereye muri  IPRC Kigali  kuva taliki 25 kugeza 29 Nyakanga 2022 aho yitabiriwe n’abakinnyi 12 mu bakobwa n’abahungu bafite ubumuga.

Iyi gahunda ikaba yari igamije kuzamura umukino wa Tennis mu bantu bafite ubumuga “Wheelchair Tennis”  ndetse no kubashishikariza kuwukina kuko bizatuma ubuzima bwabo buhinduka.

Bamwe mu bantu bafite ubumuga bigishwa gukina Wheelchair  Tennis

Abitabiriye iyi myitozo bigishijwe n’abatoza batandukanye bafite ubunararibonye mu mukino wa Tennis  barimo Dr Ndejuru Aimable  akaba ari na Visi Perezida wa RTF.

Umwe mu batojwe, Dusengimana Jean Luc atangaza ko yishimiye kwiga byinshi ku mukino wa Tennis  muri rusange  by’umwihariko umukino ukinwa n’abantu bafite ubumuga  “Wheelchair Tennis”

Iyi gahunda yakurikiranwe n’Umunyamabanga mukuru muri RTF, Habimana Valens  ushimangira ko  RTF yihaye intego yo kuzamura umukino wa Wheelchair Tennis mu rwego rwo gushyigikira gahunda yo  kudaheza abafite ubumuga muri siporo.

Dusabimana Viator, Umuhuzabikorwa by’umukino wa Wheelchair Tennis mu Rwanda atangaza ko bishimiye iki gikorwa kuko abantu bafite  ubumuga  nabo bakwiye kwisanga mu bandi cyane cyane siporo kuko barashoboye.

Biteganyijwe ko aba bigishijwe uyu mukino  ndetse n’abandi basanzwe bakina Wheelchair Tennis bazakomeza imyitozo kandi bakaba bazagira amahirwe yo guserukira u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga mu minsi iri imbere.

Advertisement
Imvaho Nshya

Imvaho Nshya

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Rwamagana:  Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

Rwamagana: Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

August 10, 2022
USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

August 10, 2022
Ikawa, icyayi, imboga, imbuto n’indabo byinjije amadolari 3,866,583

Ikawa, icyayi, imboga, imbuto n’indabo byinjije amadolari 3,866,583

August 10, 2022
APR FC  izahura na US Monastir, AS Kigali ihure na  ASA Telecom mu mikino y’Afurika

APR FC  izahura na US Monastir, AS Kigali ihure na  ASA Telecom mu mikino y’Afurika

August 10, 2022
Amarushanwa n’ibikorwa bya Siporo u Rwanda rwakiriye byinjije miliyari 30 Frw

Amarushanwa n’ibikorwa bya Siporo u Rwanda rwakiriye byinjije miliyari 30 Frw

August 10, 2022
Alarm Ministries igiye gukora igitaramo kibohora imitima

Alarm Ministries igiye gukora igitaramo kibohora imitima

August 9, 2022
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Rwamagana:  Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

Rwamagana: Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

August 10, 2022
USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

August 10, 2022
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.