03 Nyakanga 2022
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Commonwealth ntikwiye kuba iya bamwe gusa-Perezida Kagame

22 Kamena 2022 - 07:08
Commonwealth ntikwiye kuba iya bamwe gusa-Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yasabye inzego zitandukanye zihuriye mu Muryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) guharanira ko nta gihugu na kimwe kiwubarizwamo gikwiye gusigara inyuma mu iterambere ry’ubukungu.

Mu kiganiro cyakurikiye itangizwa ry’Ihuriro ry’Ubucuruzi mu Muryango wa Commonwealth (CBF 2022) ku wa kabiri, Perezida Kagame yavuze ko ibihugu bihuriye muri uwo muryango bifite byinshi bihuriyeho birimo ururimi, imikorere y’urwego rw’imari n’ibindi, bishobora gufasha abasaga miliyari 2.5 batuye mu bihugu 54 bigize uyu muryango gukora ishoramari no kwagura ubucuruzi hagati yabo.

Yagize ati: “Hari aho twahera hadahagije cyangwa hataragera ku rwego rushimishije. Ariko dukeneye kurushaho kuhanoza. Dukwiye gukomeza guharanira ko igihe tuvuze Commonwealth mu by’ukuri tuba dusobanura ubukungu duhuriyeho. Atari ukuba ari ubuhuriweho n’ibihugu bike mu bihugu 54 byose.”

Yakomeje agira ati: “Ni yo mpamvu navuze ko ari umurimo ukomeza. Tuzakomeza gufatanya mu gushakisha icyo twakora kugira ngo habeho ubwo buringanire ku rwego rw’aho buri wese mu muryango w’ibihugu wa commonwealth, yiyumva ko ari umunyamuryango ntawusigaye inyuma.”

Perezida Kagame yavuze kandi ko n’ibihugu bito, bikiri mu nzira y’amajyambere bikwiye kumva ko biri muri uwo muryango, binyuze mu bufatanye mu bucuruzi, ishoramari n’izindi nzego zirimo n’urw’ubuzima.

Yaboneyeho gusaba ibyo bihugu kwihutisha umuvuduko w’ubufatanye kugira ngo buri gihugu kigize uwo muryango gihe agaciro kuba kiwubarizwamo, ari na ko abaturage muri rusange bawishimira.

Patricia Scotland, Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, yagarutse ku mibare y’ubucuruzi hagati y’ibihugu bigize uyu muryango aho bifite umusaruro mbumbe uteranyirije hamwe ungana na miliyali ibihumbi 13 z’amadolari y’Amerika.

Dr. Akinwumi Adesina, uyobora Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB), yavuze ko kugira umurongo umwe wo kubaka ejo hazaza bisaba kugabanya icyuho kiri hagati y’abifite n’abatifite (Have and Have-not). 

Yatanze urugero ku kuba 16% gusa y’Abanyafurika ari bo bashobora kubona inkingo za COVID-19, agasanga ubwo busumbane bugomba kuvaho. 

Muri ibi biganiro hagarutswe ku ruhare rw’ikoranabuhanga mu gushyira mu bikorwa imishinga mito n’iminini y’iterambere harimo uburyo bworoshye bwo kubona no guhanahana amakuru afasha mu myanzuro y’ishoramari n’ubufatanye mpuzamahanga.

Amafoto: Urugwiro Village

Advertisement
NTAWITONDA Jean Claude

NTAWITONDA Jean Claude

Ntawitonda Jean Claude ni umunyamakuru akaba n'umwanditsi ubimazemo igihe gisaga imyaka 10. Yatangiye gukorana n'ikinyamakuru Imvaho Nshya guhera muri Werurwe 2015. Afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor's Degree) mu bijyanye n'Itangazamakuru n'itumanaho (Ishami ry'Itumanaho) yakuye mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda (UNR), kuri ubu yaje guhinduka Kaminuza y'u Rwanda (UR).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Nyuma y’u Rwanda, Nigeria yemeye kwakira abimukira boherejwe na UK

Nyuma y’u Rwanda, Nigeria yemeye kwakira abimukira boherejwe na UK

Nyakanga 3, 2022
Amakoperative abonwa nk’umusingi w’iterambere ry’u Rwanda

Amakoperative abonwa nk’umusingi w’iterambere ry’u Rwanda

Nyakanga 3, 2022
Kwibohora 28: Nyaruguru ‘yari yaribagiranye’ yabaye urugero rw’iterambere ry’u Rwanda

Kwibohora 28: Nyaruguru ‘yari yaribagiranye’ yabaye urugero rw’iterambere ry’u Rwanda

Nyakanga 3, 2022
Rulindo: Abantu 8 bafungiwe kwangiza ibikorwa remezo

Rulindo: Abantu 8 bafungiwe kwangiza ibikorwa remezo

Nyakanga 3, 2022
Muhanga: WASAC yashyikirije abarokotse Jenoside amazi meza

Muhanga: WASAC yashyikirije abarokotse Jenoside amazi meza

Nyakanga 2, 2022
Perezida w’u Burundi yakiriye ubutumwa bwa Perezida Kagame

Perezida w’u Burundi yakiriye ubutumwa bwa Perezida Kagame

Nyakanga 1, 2022
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Nyuma y’u Rwanda, Nigeria yemeye kwakira abimukira boherejwe na UK

Nyuma y’u Rwanda, Nigeria yemeye kwakira abimukira boherejwe na UK

Nyakanga 3, 2022
Amakoperative abonwa nk’umusingi w’iterambere ry’u Rwanda

Amakoperative abonwa nk’umusingi w’iterambere ry’u Rwanda

Nyakanga 3, 2022
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.