Musanze: Abatuye mu birwa bya Ruhondo bagorwa no kubona Mituweli

  • NGABOYABAHIZI PROTAIS
  • Kamena 10, 2025
  • Hashize amezi 2
Image

Abaturage batuye mu kirwa cya Ruhondo giherereye mu Murenge wa Gashaki, Akarere ka Musanze, baravuga ko bagorwa no kubona ubwisungane mu kwivuza (Mituweli), bitewe n’ubukene bukabije no kutabona akazi kabinjiriza amafaranga. Basaba ubufasha bw’inzego bireba kugira ngo na bo bagere kuri serivisi z’ubuvuzi nk’abandi baturage.

Aba baturage batuye mu Mudugudu wa Birwa, bavuga ko kuba mu kirwa kibatandukanya n’ahandi haboneka akazi, bituma batabasha kwibonera amafaranga yo kwishyura mitiweli. Ngo kugera hakurya y’ikirwa aho bashobora gukorera, bisaba amafaranga y’ubwato agera ku bihumbi 2, ibintu bavuga ko na bo ubwabo bidakunze kuborohera kubona.

Nyirahabimana Viviane, umwe mu batuye muri icyo kirwa yagize ati: “Hano nta kazi wabona ngo ubone amafaranga y’ubwisungane. Kugira ngo tujye gukora ibiraka hakurya bisaba amafaranga y’ubwato  ibihumbi 2 buri munsi kugenda no kugaruka. Mfite umuryango w’abantu barindwi, nta bushobozi mfite bwo kwishyura Mituweli.”

Abatuye mu kirwa kiri mu kiyaga cya Ruhondo nta bikorwa bihari bibubakira ubushobozi

Naho Mukasine Laurence, w’imyaka 65, uvuga ko ari umupfakazi, avuga ko kubona Mituweli kuri we ari ikibazo gikomeye.
Yagize ati: “Umwaka urarangiye ntarishyura Mituweli. Ubushize nishyuriye abantu babiri gusa muri batanu, urumva ko mfite ibibazo kandi no kubona amafunguro ni ikibazo. Turasaba ko badufasha.”

Nsengimana Aimable, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gashaki, avuga ko ikibazo cy’abo baturage kizwi kandi hari gahunda zihari zo kubafasha.

Yagize ati: “Abo mu birwa bya Ruhondo kimwe n’abandi batishoboye bose bo muri Gashaki, hari gahunda yo kubafasha kubona ubwisungane mu kwivuza nk’uko bisanzwe, ariko ku bufatanye n’umushoramari Eco Tourism Initiative, wemeye kugurira Mituweli abantu 300.”

Abaturage bo mu kirwa cya Ruhondo bavuga ko batishoboye

Roland Christian Habimana ukuriye  Eco Tourism Initiative, avuga ko inkunga mu bwisungane mu kwivuza  atari iyo mu birwa gusa, ahubwo izagenerwa n’abandi batishoboye bazatoranywa n’ubuyobozi. Uretse gutanga Mituweli, kandi avuga ko kampani yabo izoroza imiryango 3 inka, mu rwego rwo kuyifasha kwibeshaho no kuzajya bitangira ubwisungane mu kwivuza mu guhe kiri imbere.

Yagize ati: “Twagiranye ibiganiro n’ubuyobozi, tuzatanga Mituweli ku bantu 300 mu mwaka wa 2025–2026. Tworoze n’imiryango itatu inka, kandi turateganya kugura ubutaka bw’abaturage mu rwego rwo kubimura bave mu birwa bajye ahari ibikorwa remezo.”

Kugeza ubu, mu birwa bya Ruhondo hatuye imiryango 37, ariko imiryango izorozwa inka ntabwo izaba ikiri mu birwa kuko gahunda ni iyo kwimura abahatuye bose.

Ku kirwa cya Ruhondo hasigayemo abaturage bake batishoboye
Ku kirwa cya Ruhondo nta gikorwa gitanga akazi gihari
  • NGABOYABAHIZI PROTAIS
  • Kamena 10, 2025
  • Hashize amezi 2
TANGA IGITEKEREZO
HI says:
Kamena 10, 2025 at 6:34 pm

Kosora inkuru yawe. Akarere ka Burera ntabirqwa gafite muri Ruhondo bituwe

Murara says:
Kamena 10, 2025 at 4:37 pm

Mwiriwe,

Hari abaturage bakihabariza bategereje guhabwa ingurane bakimuka. Umunyamakuru yarabasuye arahabasanga, namwe muzajye kubasura muzahabasanga.

Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE